00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Kaboneka yaburiye abayobozi bataba aho bayobora ko ubuyobozi atari ubucancuro

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 21 June 2018 saa 10:25
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, yongeye kwihanangiriza abayobozi bataba aho bayobora, ababwira ko uwaba akibikora ahita abihagarika kuko uzafatwa azabihanirwa.

Yabivugiye mu Karere ka Huye mu nama nyunguranabitekerezo yahuje abayobozi mu nzego zitandukanye zo mu Ntara y’Amajyepfo, barebera hamwe iterambere ry’iyo Ntara, ku wa 15 Kamena 2018.

Iyo nama yitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Nsengiyumva Fulgence; Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, Prof. Shyaka Anastase; Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano Marie Rose n’abandi.

Kaboneka yagarutse ku bibazo bikigaragara mu Ntara y’Amajyepfo bikandindiza imikorere n’iterambere, birimo kuba hari abayobozi ku nzego z’ibanze bataba aho bakorera, ikibazo yavuze ko yari agarutseho ku nshuro ya kabiri ari muri iyo ntara.

Yashimangiye ko abayobozi bizagaragara ko bataba mu ifasi yabo bigatuma bagera ku kazi saa yine, saa cyenda bakaba bataye Akarere, Umurenge cyangwa Akagari, ko uzabifatuirwamo azabihanirwa.

Yakomeje agira ati “Ibi ndashaka kubisobanura neza, mubihagarike. Hari ubwo mugenda mukumva ko muri abasitari mushobora kubikora ntihagire umunyekana ariko nagira ngo mbabwire ngo turabizi kandi turi kubikurikirana, ntabwo tuzabyihanganira”.

Ubuyobozi si ubucancuro

Minisitiri Kaboneka yibukije abayobozi ku nzego z’ibanze ko ubuyobozi atari ubucancuro cyangwa ubupagasi ku buryo umuntu akorera ku masaha, yarangira akigendera.

Yakomeje agira ati “Amabwiriza arahari kandi arasobanutse, mu mabwiriza ya mbere mubona ni uko mugomba kubana n’abo mushinzwe kuyobora. Ubuyobozi si ubucancuro, ubuyobozi si ubupagasi ngo uje gupagasa amasaha nashira wigendere. Ntabwo ubuyobozi ari ubukerarugendo, birahagije, bigomba guhagarara”.

Yabibukije ko umuyobozi mwiza agomba kuba hafi y’abo ayobora, akabana na bo akamenya uko biriwe n’uko baraye ndetse n’umuturage umushaka akaba ashobora kumubona isaha iyo ari yo yose.

Mu minsi ishize nibwo humvikanye cyane abayobozi bagiye begura cyangwa bakeguzwa kubera amakosa, ndetse Minisitiri Kaboneka akaba yarashimangiye ko igihe cyose umuyobozi adakora neza agomba kubibazwa.

Abayobozi batandukanye bitabiriye iyi nama nyunguranabitekerezo
Abayobozi bibukijwe ko bagomba kubana n'abo bayobora
Minisitiri Kaboneka yaburiye abayobozi bataba aho bakorera ko bazabihanirwa
Prof Shyaka Anastase na Guverineri Mureshyankwano ni bamwe mu bitabiriye iyi nama nyunguranabitekerezo
Minisitiri Kaboneka mu kiganiro n'abayobozi batandukanye b'Intara y'Amajyepfo
Abayobozi ba Polisi n'Ingabo, Umuyobozi w'Ikigo cy'Igororamuco, Bosenibamwe Aimé na Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Amatora, Prof Kalisa Mbanda, ni bamwe mu bitabiriye iyi nama yareberaga hamwe Iterambere ry'Intara y'Amajyepfo

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages