00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri mu Bwongereza, Andrew Mitchell ategerejwe i Kigali

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 29 August 2023 saa 06:21
Yasuwe :

Biteganijwe ko Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Iterambere na Afurika mu Bwongereza, Andrew Mitchell, azasura u Rwanda muri iki cyumweru nkuko The New Times yabitangaje.

Uruzinduko rwa Mitchell mu Rwanda ruje mu gihe ibihugu byombi bishishikajwe no gukaza umubano wabyo hagamijwe guteza imbere inzego zitandukanye zirimo ubucuruzi, uburezi, urwego rw’abinjira n’abasohoka ndetse no kurengera imibereho myiza y’abaturage n’ibindi.

Urugero nko mu minsi ishize u Rwanda rwatangiye kohereza ibicuruzwa mu gihugu cy’u Bongereza binyuze muri gahunda nshya y’iki gihugu yo kugabanya ibiguzi ku binjizayo ibicuruzwa baturutse mu bihugu 65 bikiri mu nzira y’iterambere.

Muri rusange, ubucuruzi hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza bwateye imbere ku buryo bugaragara kuko ubucuruzi bwiyongereyeho 6% bugera kuri miliyari zirenga 41 Frw mu 2021.

Ikindi cyitezwe kuganirwaho mu ruzinduko rwa Mitchell ni ubwitabire bw’u Rwanda mu nama y’ishoramari izahuza u Bwongereza na Afurika ‘UK-Africa Investment Summit’ iteganijwe kubera i Londres tariki ya 23 na 24 Mata 2024.

Iyi nama izashingira ku byavuye mu yindi nk’iyi mu 2020, yavutsemo ubucuruzi bushya bw’agaciro k’arenga miliyari 6,5 z’amadorali ya Amerika ndetse hiyemezwa gutangira ishoramari rishya ry’asaga miliyali 8,9 z’amadorali ya Amerika.

Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Iterambere na Afurika mu Bwongereza, Andrew Mitchell, ategerejwe i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages