00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente yakiriye Intumwa z’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika

Yanditswe na Kanamugire Emmanuel
Kuya 27 June 2023 saa 08:37
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yakiriye mu biro bye itsinda ry’abantu batandatu bakora mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa 27 Kamena 2023.

Izi ntumwa mu minsi igera kuri irindwi zizamara mu Rwanda zizasura ibikorwa n’inzego zitandukanye hagamijwe kumenya ibizikorerwamo nk’uko byatangajwe n’Umunyamabaga wa Leta muri MInisiteri y’Ububanyi n’amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof Nshuti Manasseh.

Yagize ati “Bose ni abo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika, baje hano ngo bumve uburyo dukora, natwe tubabwire uko igihugu kimeze kugira ngo barusheho kukimenya neza kurusha ko babyumvira muri Amerika bakabyumva nabi.”

“Twaganiriye na bo tubabwira uko twubaka igihugu cyacu, aho tugana kugira ngo basubireyo bazi u Rwanda urwo ari rwo. Kenshi babibona mu binyamakuru ugasanga ntibitanze inkuru uko zimeze. Ni nk’urugendoshuri bakoreye mu gihugu cyacu.”

Umuyobozi ushinzwe abakozi mu biro bya Barry Moore, uhagarariye Intara ya Alabama mu Nteko Ishinga Amategeko, Shana Teehan, yavuze ko baganiriye ku bijyanye n’ubufatanye bw’ingenzi hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’uko bushobora gukomeza gutera intambwe.

Ati “Twabashije kumenya ibijyanye n’icyerekezo igihugu cyangwa ubuyobozi bwacyo bufite n’uko Amerika yafatanya na cyo mu ishyirwa mu bikorwa ryacyo mu nzego twahitamo.”

Abagize iri tsinda basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali n’Ingoro Ndangamurage y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside. Basuye kandi umwe mu midugudu y’ubumwe n’ubwiyunge bumva ubuhamya bw’abagize uruhare muri Jenoside ndetse n’abayirokotse. Ikindi ni uko bakurikiranye ibikorwa na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, u Rwanda ruherutse gushyiraho.

Minisitiri w'Intebe Dr Edouard Ngirente ubwo yagiranaga ibiganiro n'Intumwa z'Inteko ya Amerika
Shana Teehan, yavuze ko baganiriye ku bijyanye n’ubufatanye bw’ingenzi hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’uko bushobora gukomeza gutera intambwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages