Ubwo yakiraga indahiro zabo kuri uyu wa Gatatu, Dr. Ngirente yavuze ko imirimo bagiye gukora atari mishya kuko bari basanzwe ari abacamanza ba gisirikare.
Ibyo ngo bitanga icyizere ko inshingano nshya bahawe bazazishyira mu bikorwa uko bikwiye, ariko abasaba kongeramo imbaraga.
Dr. Ngirente yavuze ko icyo Guverinoma y’u Rwanda ibashakaho ari ugukora kinyamwuga no kurangwa n’ikinyabupfura bisanzwe biranga ingabo z’igihugu.
Ati “Icyo Guverinoma y’u Rwanda ibibutsa ni ukuzarushaho gukora akazi kanyu kinyamwuga, mukagakora nk’inyangamugayo kandi ibyo tubiziho ingabo z’u Rwanda.”
Yakomeje agira ati “Muzakomeze gutanga serivisi nziza nk’uko Ingabo z’u Rwanda zisanzwe ziyitanga aho ziri hose. Muzahore iteka mushyira imbere gukorana neza n’abo musangiye umwuga n’izindi nzego za Leta n’abazaba babagana.”
Dr. Ngirente yabijeje ko Guverinoma izakomeza kubaha inkunga y’amahugurwa n’ibikoresho bibafasha gukora akazi neza.
Lt. Col. Bernard Rugamba Hategekimana warahiriye kuba Visi Perezida mu Rukiko Rukuru rwa Gisirikare, yavuze ko agiye gushyira imbaraga mu kuba hafi no gukorana n’abandi bacamanza.
Ati “Muri bimwe nzitaho ni ukuba hafi y’abacamanza b’urukiko, tukagirana inama kugira ngo duce imanza mu buryo bunoze, zinandikwe neza.”
Yavuze ko guca imanza za Gisirikare harimo itandukaniro no guca izisanzwe kuko iza Gisirikare zicibwa abakora umwuga umwe bityo nabyo bisaba gukoresha ubutabera bwo ku rwego rwo hejuru, bimakaje uburenganzira bwa muntu n’amategeko.
Aba bacamanza mu Rukiko rukuru bombi bashyizweho n’Inama y’Abaminisitiri iheruka guterana ku wa 21 Mutarama 2019.



















TANGA IGITEKEREZO