Mu migabo n’imigambi yakubiye mu ngingo 50 agenda agaragariza ababa baje kumva ibyo abateganyiriza, uyu mukandida yemeza ko natorwa azashyigikira ko u Rwanda rwajya rutegura Africa Day kugira ngo Abanyafurika basanzwe bitabira Rwanda Day barusheho kumva ko igihe bageze mu Gihugu biyumva nk’abari iwabo.
Ati "Indi ngingo mu bubanyi n’amahanga ni uko u Rwanda rushobora kuba inkingi y’ubumwe Nyafurika, nk’uko rutegura Rwanda Day tugategura African Day. Abanyafurika basanzwe baza muri Rwanda Day, n’ubundi bakumva bameze nk’abari iwabo nibwo Abanyafurika bazarushaho kwiyumva iwabo mu Rwanda."
Umukandida Mpayimana Philippe ari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu bice bitandukanye by’Igihugu yatangiye kuva ku wa 22 Kamena, ubwo ibikorwa byo kwiyamamaza byatangiraga ku bakandida bose bemejwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora.
Abemejwe ni Paul Kagame watanzwe na FPR Inkotanyi, Frank Habineza wa Green Party na Mpayimana Philippe.
Si ubwa mbere aba bakandida bahuye bahataniye kuyobora u Rwanda kuko no mu 2017 bahatanye bikarangira Paul Kagame abanikiye kuko yarengeje 98% by’amajwi y’abatoye, Mpayimana Philippe arenza 0.7% naho Dr Frank Habineza we arenza gato 0.4% by’abatoye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!