00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ku munsi RIB yakira ibirego bisaga 2000, igafunga abagera kuri 15 (Video)

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 4 October 2023 saa 06:15
Yasuwe :

Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Col. Jeannot Ruhunga, yatangaje ko ku munsi rwakira ibirego biri hagati ya 1500 na 2000, hagafungwa abantu batarenze 15.

Yabitangaje ku wa Gatatu, tariki 4 Ukwakira 2023, ubwo inzego zifite aho zihuriye n’umutekano w’imbere mu gihugu zaganiraga n’itangazamakuru.

Col Ruhunga yasubizaga ikibazo cy’uburyo abantu batandukanye bakunze gukurikiranwa mu Bugenzacyaha bafunzwe kandi byashobokaga ko bakurikiranwa bari hanze.

Yavuze ko atari ko bimeze, ko ukurikije umubare w’ibirego RIB yakira ku munsi n’abafungwa, bidakabije.

Ati “Ku munsi twakira ibirego bitari munsi ya 1500 na 2000. Abo dufunga iyo babaye benshi ntibarenga 10 na 15. Uwaje gutanga ikirego, ubutabera si ugufunga gusa. Umunyarwanda akwiye kumva ko icyangombwa atari ugufunga gusa.”

Col Ruhunga yavuze ko hari ikibazo cy’imyumvire mu baturage, aho bumva ko uregwa wese akwiriye gufungwa.

Ati “Na bagenzi bacu b’abanyamategeko, iyo aburanira urega, ntufunge uwo arega biba ikibazo, yaburanira uregwa agafungwa biba ikibazo. Twe dufunga umuntu kuko tubona yasibanganya ibimenyetso cyangwa agahunga ubutabera. Ni yo mpamvu mu bantu 2000 dushobora gufunga 15.”

Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside, mu minsi ishize yagaragaje ko kasho za polisi hari ikibazo cy’ubucucike, mu isesengura ryakozwe kuri raporo ya Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu. Ni raporo yagaragaje ubucucike muri za kasho n’ibikorwaremezo bidahagije.

Abayobozi bitabiriye iki kiganiro barimo Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu, IGP Felix Namuhoranye (ibumoso), Minisitiri w’Umutekano, Gasana Alfred n’Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Col. Jeannot Ruhunga

Video: Igena Sage Aggée


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages