00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihe by’ingenzi byaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Algérie (Amafoto)

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 5 June 2025 saa 12:05
Yasuwe :

Uruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida Paul Kagame yagiriye muri Algérie rwasize umubano w’ibihugu byombi uhamye, na cyane ko hanasinywe n’amasezerano atandukanye nko mu bubanyi n’amahanga, ikoranabuhanga ndetse mu minsi ya vuba u Rwanda ruzafungura ambasade muri iki gihugu cya mbere kinini muri Afurika.

Ni uruzinduko rwatangiye ku wa 03 Kamena 2025. Perezida Kagame yari yajyanye n’abandi bayobozi barimo Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, uw’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, uw’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika n’abandi.

Rwaranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo gusura no gushyira indabo ku Rwibutso rwa Maqam Echahid, mu rwego rwo guha icyubahiro intwari za Algérie, zaguye mu Ntambara yo guharanira Ubwigenge bw’icyo gihugu.

Umukuru w’Igihugu kandi yasuye National School of Artificial Intelligence ni ishuri rikuru ry’icyitegererezo muri Algerie rizobereye mu byo kwigisha ikoranabuhanga cyane cyane irijyanye na AI, ryigamo n’Abanyarwanda, ndetse anagirana ibiganiro na mugenzi we wa Algérie, aho ibiganiro byabo byibanze kurushaho guteza imbere imikoranire hagati y’ibihugu bya Afurika, mu nzego zirimo ubucuruzi bwambukiranya imipaka ndetse no gusangira ubumenyi.

Algérie ni cyo gihugu kinini muri Afurika, gifite ubuso burenga kilometero kare miliyoni ebyiri kigaturwa n’abarenga miliyoni 47. Gikora ku Nyanja ya Méditerranée.

Ibigira uruhare mu iterambere rya Algérie biyobozwe n’inzego z’ubuhinzi bwihariye 13.3%, inganda zihariye 39.3% mu gihe serivisi zihariye 47.4%. Umusaruro mbumbe wayo ni miliyari 264,27$, umuturage waho yinjiza 5.590$.

Algérie n’u Rwanda bifitanye imikoranire mu nzego zitandukanye zirimo umutekano n’uburezi
Uruzinduko rwa Perezida Kagame ni urwa kabiri yari agiriye muri Algérie. Urwa mbere yarukoze mu 2015
Perezida Kagame yakiriwe na Abdelmadjid Tebboune wa Algérie
Perezida Kagame akigera i Alger yakiriwe na mugenzi we Abdelmadjid Tebboune
Ubwo Perezida Kagame yageraga i Alger yakiriwe na Abdelmadjid Tebboune
Perezida wa Algérie, Abdelmadjid Tebboune, asuhuza Minisitiri w'Ingabo z'u Rwanda, Juvenal Marizamunda
Perezida Kagame asuhuza bamwe mu bayobozi ba Algérie
Perezida Kagame asuhuzanya na mugenzi we wa Algérie Abdelmadjid Tebboune
Mu bayobozi bari kumwe na Perezida Kagame harimo Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga, Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w'Ingabo, Juvenal Marizamunda na Minisitiri w'Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire
Perezida Abdelmadjid Tebboune wa Algérie afite imyaka 79, yatangiye kuyobora igihugu mu 2019
Perezida Kagame yakiriwe mu cyubahiro gikwiriye Umukuru w'Igihugu
Ni uruzinduko rugamije gushimangira umubano n'imikoranire hagati y'ibihugu byombi
Ubwo Umukuru w'Igihugu yakirwaga ku kibuga cy'indege mu Murwa Mukuru, Alger
Ubwo Perezida Kagame yari ageze i Alger mu ruzinduko rwasize hasinywe amasezerano y'ubufatanye mu nzego zitandukanye
Ingabo za Algérie ni zo zakiriye Perezida Kagame
Perezida Kagame yasuye Algérie asura zimwe mu nzego zitandukanye
Perezida Kagame yanasuye ishuri ryigisha ibijyanye n’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano (Artificial Intelligence) muri Algerie
Ubwo Perezida Kagame yageraga ahashyinguwe abaharaniye ubwigenge bwa Algérie, yakiriwe mu cyubahiro kimukwiriye
Perezida Kagame yasuye Algérie ku wa 30 Kamena 2025
Intambara yo kurwanira Ubwigenge bwa Algérie yatangiye mu Ugushyingo 1954, irangira muri Nyakanga 1962. Perezida Kagame yahaye icyubahiro abaguye muri iyo ntambara
Ubwo Perezida Kagame yerekezaga ahashyinguwe abaguye mu ntambara yo gushaka ubwigenge bwa Algérie
Leta ya Algérie igaragaza ko nibura abantu barenga miliyoni 1,5 baguye mu ntambara yo kwigobotora Abafaransa
Perezida Kagame yasuye Algérie ku wa 30 Kamena 2025
Mu ruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri Algérie, yatangaje ko u Rwanda rugiye gufungurayo Ambasade yarwo
Perezida Kagame yunamiye abaguye mu ntambara yo gushaka ubwigenge bwa Algérie
Ubwo Perezida Kagame yari ageze ahashyinguye abaharaniye ubwigenge bwa Algérie
Mu Ukuboza 2023 Algérie yafunguye Ambasade yayo mu Rwanda, nk’ikimenyetso cy’ubushake bwo kurushaho kwagura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Perezida Kagame yeretswe uburyo Bufaransa bwigobotowe na Algérie, mu bukoloni bwari bumaze imyaka irenga 130 kuko bwari bwaratangiye mu 1830
Perezida Kagame yahaye icyubahiro abafashije mu gushyira iherezo ku bukoloni muri Algérie
Perezida Kagame na Perezida Abdelmadjid Tebboune bahagarariye amasezerano y'ubufatanye yasinywe n'ibihugu byombi
U Rwanda na Algérie byasinyanye amasezerano yo gufatanya mu by'ikoranabuhanga
Ubwo u Rwanda na Algérie byari bimaze gusinyana amasezerano mu by'ikoranabuhanga
U Rwanda na Algérie byanasinyanye amasezerano mu bijyanye n'ububanyi n'amahanga
Perezida Kagame na mugenzi we Abdelmadjid Tebboune bagiranye ikiganiro n'abanyamakuru
Perezida Kagame na mugenzi we Abdelmadjid Tebboune bagiranye ikiganiro n'itangazamakuru
Perezida Kagame yasuye ishuri rya Algérie ryigishirizwamo AI, asobanurirwa uburyo iki gihugu gikomeje gukataza muri iri koranabuhanga rigezweho
Ishuri ryigisha AI rizwi nka ‘ENSIA’, Perezida Kagame yasuye ryigamo n'Abanyarwanda
National School of Artificial Intelligence, ni ishuri rikuru ry’icyitegererezo muri Algerie rizobereye mu byo kwigisha ikoranabuhanga cyane cyane irijyanye na AI
ENSIA yibanda ku gukora ubushakashatsi no guhanga ibishya bishingiye kuri AI. Itanga impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza ndetse n’icya gatatu muri AI.
Perezida Kagame yatambagijwe ibice bitandukanye bigize ENSIA
Mu ruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri Algérie yanahuye n’Abanyarwanda batanu biga AI muri iki gihugu
Perezida Kagame yeretswe ibikorerwa muri ENSIA cyane ko u Rwanda rufatwa nka kimwe mu bihugu bya Afurika n’ahandi ku Isi byamaze gutera intambwe ikomeye mu ikoreshwa rya AI
Alger ni Umurwa Mukuru wa Algérie utuwe n'abarenga miliyoni eshatu
Alger ni umurwa ukora ku Nyanja ya Méditerranée
Alger ni umujyi uri ku buso bwa kilometerokare 1.190
Algérie ni cyo gihugu kinini muri Afurika. Kiri ku buso burenga kilometero kare miliyoni 2
Algerie ni cyo gihugu cya mbere kinini muri Afurika
Algérie ituwe n'abarenga miliyoni 47.4. Abarenga 74.4% batuye mu mijyi
Ibendera ry'u Rwanda ryari ryashyizwe hose mu Mujyi wa Alger

Amafoto: Village Urugwiro


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages