Rwari uruzinduko rwe rwa Mbere muri iki gihugu, aho yahawe umudali w’ishimwe kubera ibyo yakoreye u Rwanda. Rwasojwe kuwa Gatatu.
Mu bihe by’ingenzi byaranze uru ruzinduko, harimo uburyo yakiriwe bidasanzwe n’imbaga y’abaturage b’iki gihugu yari ikikije imihanda y’i Conakry bafite amabendera y’u Rwanda; yeretswe bimwe mu bikorwa remezo bigize iki gihugu ndetse abasha no kugirana ikiganiro n’abanyamakuru kucyo ibihugu byombi bigiye gukorana.
Muri uru ruzinduko hashyizwe umukono ku masezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi aho kuri ubu Guinea yitegura kuza kwigira ku Rwanda uko yateza imbere urwego rwayo rw’ubwikorezi bwo mu kirere.
Perezida wa Guinea yavuze ko yahisemo gukorana na Perezida Kagame nyuma yo kumurangirwa n’abantu batandukanye bamubwiye ko ari umugabo w’icyitegererezo kandi ufite intumbero nziza mu miyoborere ye.
Condé yavuze ko yaba we ndetse n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bazi neza ko u Rwanda ruyobowe neza kurusha uko igihugu cye kiyobowe bityo ko bashaka kwigira ku Rwanda ngo iterambere risakare muri Guinea bihereye mu miyoborere inoze.
Mu mafoto: Ibihe by’ingenzi byaranze uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Guinea Conakry
Perezida Kagame yakirwa na Perezida wa Guinée Alpha Condé
Hashyizwe umukono ku masezerano y’imikoranire hagati y’ibihugu byombi
Perezida Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru
Perezida Kagame yasuye ibikorwa bitandukanye
Perezida Kagame asoza uruzinduko rwe



















TANGA IGITEKEREZO