00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nta gikozwe, abantu ibihumbi 10 bakwandura Ebola ku munsi umwe

Yanditswe na

Tombola Felicie

Kuya 22 October 2014 saa 09:42
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’umuryango w’abibumbye ishami ryita ku buzima OMS buratangaza ko mu kwezi kwa mbere inkimgo za ebola zizatangira gutangwa niba zizaba zaramaze kwezwa ko zizewe.
Dr Marie Paule Kieny yavuze ko inkingo ebyeri ziri mu igeragezwa zizaba zaramaze gusuzumwa mu kwezi k’Ukuboza. Izo nkingo zirimo kugeragerezwa mu Burayi, Afurika ndetse Leta zunze ubumwe za Amerika.
Mu mezi atatu inkingo za Ebola ziratangira gukoreshwa - OMS
Dr Kieny avuga ko igihe izo nkingo zizaba zimaze (…)

Ubuyobozi bw’umuryango w’abibumbye ishami ryita ku buzima OMS buratangaza ko mu kwezi kwa mbere inkimgo za ebola zizatangira gutangwa niba zizaba zaramaze kwezwa ko zizewe.

Dr Marie Paule Kieny yavuze ko inkingo ebyeri ziri mu igeragezwa zizaba zaramaze gusuzumwa mu kwezi k’Ukuboza. Izo nkingo zirimo kugeragerezwa mu Burayi, Afurika ndetse Leta zunze ubumwe za Amerika.

Mu mezi atatu inkingo za Ebola ziratangira gukoreshwa - OMS

Dr Kieny avuga ko igihe izo nkingo zizaba zimaze kwemezwa zizatangira gukoreshwa muri Afurika y’uburengerazuba mu kwezi kwa Mutarama 2015, kugira ngo hasuzumwe ubudahangarwa bwazo mu bihumbi b’ibihumbi by’abantu.

Yagize ati "Sinavuga ko mu kwezi kwa mbere muri 2015 tuzakora ubukangurambaga mu butaruge bose ngo baze kwikingiza Ebola ariko nta numwe mu bakorerabushake bazandura Ebola n’ubwo izo nkingo ziri mu igeragezwa”

Umurwayi wa Ebola muri Afrika y'Iburengerazuba

Nta gikozwe Abantu 10 000 bashobora kuyandura ku munsi

Icyorezo cya Ebola kimaze guhitana abasaga 4500 muri Afurika y’uburengerazuba kandi abahanga bavuga ko ntagikozwe ku isi hajya handura abantu 10,000 ku munsi mu mezi abiri ari imbere.

Ubu u Rwanda rwashyizeho ingamba zo gusuzuma abantu baturutse mu bihugu birimo Ebola mu rwego rwo kwirinda icyo cyorero.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages