Didier Nkurikiyimfura, umuyobozi w’ikoranabuhanga n’itumanaho muri Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga yabwiye ikinyamakuru News of Rwanda ko Facebook izaba yashyizwe mu Kinyarwanda ku matariki twababwiye haruguru.
Ati "Ku wa mbere mu gitondo, Abanyarwanda bazaba bakoresha Facebook iri mu rurimi rw’ikinyarwanda. Ubu buryo buzatangira gukoreshwa nyuma yo gutangiza ku mugaragaro inama Transform Africa.”
Nkurikiyimfura akomeza avuga ko Facebook nitangira gukoresha Ikinyarwanda, ruzaba rubaye ururimi rwa cumi rwo muri Afurika ndetse no mu Burasirazuba bwo hagati, rukoreshejwe ku mbuga nkoranyambaga.
Facebook yatangijwe n’umunyamerika Mark Zuckerberg. Ikoresha indimi zirenga 95 zo muri Afurika, Uburasirazuba bwo hagati, Amerika, Asia, u Burayi bw’Uburasirazuba ndetse n’Uburengerazuba.



















TANGA IGITEKEREZO