Mu kiganiro ngarukagihembwe cyahuje Polisi n’itangazamakuru kuri uyu wa 29 Werurwe 2018, Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Emmanuel Gasana, yavuze ko umubare w’ibyaha byakozwe muri aya mezi atatu ugereranyije n’igihe nk’icyo mu mwaka ushize habayeho igabanuka ringana na 2,1 %.
IGP Gasana yavuze ko umutekano wari wifashe neza no mu gihe u Rwanda rwari rwakiriye inama mpuzamaganga.
Yagize ati “Muri iki gihembwe navuga ko umutekano wagenze neza muri rusange haba mu birori cyangwa inama twakiriye byose byabaye mu mutuzo. Sinabura no kuvuga ko hari ibintu bashatse kuwuhungabanya birimo ibyaha bishingiye ku biyobyabwenge, ubusinzi, gukubita no gukomeretsa n’ibindi.”
Umutekano wo mu muhanda wabungabunzwe ku buryo bufatika kuko impanuka zagabanutse ku gipimo cya 5,5%, bitewe n’ubukangurambaga bwakozwe mu kuzikumira no kuzirinda.
IGP Gasana yasobanuye ko 90% y’ibyaha bibera mu Rwanda hari ubushobozi bwo kubikurikira.
Yanagarutse ku byakomye mu nkokora umutekano n’umudendezo w’abantu mu Rwanda birimo urusaku rw’abantu mu mujyi wa Kigali rwiganjemo urw’abasenga n’ibindi.
IGP Gasana yasabye ko hakomeza kubaho ubufatanye bw’abaturage n’izindi nzego mu gusigasira umutekano w’igihugu.



















TANGA IGITEKEREZO