00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhanga: Abasoje itorero ry’abarangije ayisumbuye biyemeje kuba ba ndeberweho

Yanditswe na

Gilbert Mwizerwa

Kuya 20 January 2016 saa 03:40
Yasuwe :

Ubwo hasozwaga itorero ry’abanyeshuri barangije ayisumbuye “Inkomezabigwi za kabiri”, mu Karere ka Muhanga, kuwa kabiri tariki 19 Mutarama 2016, bongeye kugaragarizwa ko icyizere bafitiwe n’igihugu bagomba kigisigasira bakaba ba ndeberweho muri rubanda bazasanga iwabo, babereka ko ari intangarugero mu muryango.

Depite Emmanuella Mukanyabyenda yabwiye urwo rubyiruko ko ari imbaraga z’igihugu kandi ko ari bo igihugu giteze amaso ngo gitere imbere, kuko ari imbaraga zishyizwe hamwe bakaba n’umwihariko w’igihugu.

Agira ati: “Mufite icyo murusha abatarageze mu itorero, muri Inkomezabigwi muzabe intumwa nziza aho muri hose cyane mugaragaza ubudasa n’ubwitange, kirazira mwatojwe zibafashe kwirinda no gukomera k’umuco mwiza w’ubutore”.

Bamwe mu “Nkomezabigwi” baganiriye na IGIHE ku ngamba, uburyo n’impamba bajyanye mu muryango Nyarwanda bagaragaje ko icy’ibanze ari ukwimakaza umuco w’ubutore mu muryango Nyarwanda, ikindi kandi bakaba imbarutso mu kwishakira ibisubizo by’ibibazo.

Ishimwe Sandrine wo mu Murenge wa Nyamabuye na Arnold Karusumutima wo mu Murenge wa Mushishiro, bashimangiye ko ibyo bigishijwe byabongereye ubumenyi mu kwihangira umurimo by’umwihariko nk’amizero y’igihugu bakirinda icyorezo cya Sida.

Umutahira w’intore mu Karere ka Muhanga, Fidèle Hategekimana, yemeje ko ubwitabire bw’intore bwari ku kigero gishimishije kuko ku masite atandatu yari ateganijwe mu Karere ka Muhanga bakiriye intore 1663 barimo abakobwa 933 n’abahungu 730.

Abayobozi bakurikiye umwiyereko w'intore
Aba banyeshuri nasabwe kuba intangarugero mu muryango
Inkomezabigwi ziyemeje kuba ba ndemerweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages