00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhanga: Abaturage ba Cyeza bubakiwe ikiraro cyo mu kirere cy’arenga miliyoni 130 Frw

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 7 June 2025 saa 07:56
Yasuwe :

Abaturage bo mu Murenge wa Cyeza wo mu Karere ka Muhanga barishimira ko bubakiwe ikiraro cyo mu kirere gifite metero 45, gihuza abaturage bo mu Kagari ka Kigarama, kikazagira uruhare mu kongera ubuhahirane no gufasha abana kugera ku ishuri.

Ni ikiraro cyatashywe ku wa 5 Kamena 2025, imirimo yo kucyubaka ikaba yaratwaye miliyoni 131.672.540 Frw. Kiri mu mudugudu wa Kajeje, Akagari ka Kigarama, Umurenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga.

Iki kiraro cyubatswe n’ikigo cya ’Bridges to Prosperity (B2P)’ ku bufatanye n’Akarere ka Muhanga ndetse na sosiyete y’Ubwubatsi ikorera mu Rwanda yitwa Dar Al Handassah hamwe n’abafatanyabikorwa bayo bakorera mu bihugu bitandukanye by’Isi.

Umuyobozi wa Dar Al Handassah-Rwanda bwana Elie Kharrat, yavuze ko igikorwa nk’iki kiba kigambiriye guhuza nta nkomyi abaturage n’ibikorwa remezo bitandukanye, ndetse n’ubuhahirane hagati y’imirenge n’iyindi, bityo bakiteza imbere.

Ati “Nk’abashoramari, ntitujya twirengagiza ko abaturage dukorana bakeneye gutera imbere, ni na yo mpamvu tubafasha kwiyubakira ibikorwaremezo nk’ibi.”

Musengimana Revelier wo mu Kagari ka Kigarama yavuze ko bari bamaranye igihe impungenge z’abana babo bahanyuraga kuko umugezi wuzuraga bakabura aho bambukira.

Umuyobozi w’Akagari ka Kigarama, yagize ati “Hano abaturage baburaga ahantu banyura cyane abanyehuri baturutse mu tugari dutangukanye baza kwiga, turashimira abadufashije kubona iki kiraro kugira ngo cyoroshye ubuhahirane.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyeza, Musabwa Aimable, yavuze ko B2P ku bufatanye n’akarare ndetse na Dar al Handassah hamwe n’abafatanyabikorwa bayo, babakoreye akazi gakomeye kugira ngo abana bajye babasha kunyura ku kiraro nta mpungenge kuko iyo umugezi wabaga wuzuye bashoboraga kuhagirira ikibazo birimo kuba barohama, cyangwa bakareka amashuri burundu kubera gutinya impanuka ziturutse kuri uyu mugezi.

Ati “Nk’ubuyobozi bw’umurenge wa Cyeza dufatanyije n’abaturage bacu tuzafata iki kiraro neza kugira ngo kizagire akamaro kuko cyaje gikenewe, Abanyarwanda dusanganywe intero ivuga ngo ‘ibyo leta y’u Rwanda yagezeho ntawabisenya tureba’ tugaragaza ko ikipe imwe ari intego imwe.”

Umuyobozi muri Bridges to prosperity, Moses Kwizera yavuze ko abaturage bo mu kagari ka Kigarama bagize uruhare rukomeye mu kubaka iki kiraro kuva imirimo itangiye kugeza irangiye. Yavuze ko abantu 10 bahise bahabwa amahugurwa y’uko nikigira aho cyangirika bazajya bashobora guhita bakisanira.

Yavuze ko abanyeshuri bubakiwe iki kiraro kugira ngo bashobore kwiga neza kuko ari bo ejo hazaza kandi ari bo bazavamo abenjenyeri, abaganga, bakajya mu nzego z’umutekano n’abacuruzi. Avuga ko bacyubakiwe kugira ngo bige neza badasiba kandi badakererwa.

Umuryango mpuzamahanga utari uwa leta wubaka ibiraro byo mu kirere bikoreshwa n’abanyamaguru, Bridges to Prosperity (B2P) umaze imyaka irenga 10 ikorera mu Rwanda, aho kuri ubu umaze kubaka ibirenga 250 mu gihugu na 680 byubatswe mu bindi bihugu bitandukanye.

Dar Al Handassah ni sosiyete y’ubwubatsi ikorera mu Rwanda, ikaba ari yo yashushanyije ikaba igenzura ishyirwa mu bikorwa ry’imirimo y’ubwubatsi bw’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera, ndetse n’indi mishanga ikomeye mu gihugu nko kwagura ibitaro bya King Faisal, ibya Ruhengeri ndetse na Vision city icyiciro cya Kabiri.

Ikiraro cyafunguwe ku mugaragaro ku wa 5 Kamena 2025
Iki kiraro cyubakiwe abaturage cyatwaye arenga miliyoni 130 Frw
Bamwe mu baturage n'abanyeshuri bishimiye ko ikiraro cyubatswe
Umuryango Mpuzamahanga wubaka ibiraro byo mu kirere, Bridges to Prosperity ni wo wafashije kubaka iki kiraro
Abanyeshuri batangiye koroherwa no kwambuka bajya ku ishuri
Iki kiraro cyoroheje ubuhahirane
Ni ikiraro cyo mu kirere gituma abaturage bambuka batekanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages