00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhanga: Arakekwaho gusambanya umwana w’imyaka itatu

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 10 October 2023 saa 04:27
Yasuwe :

Umugabo wo Kagari ka Remera mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga arakekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka itatu y’amavuko.

Amakuru avuga ko uyu mugabo ukekwaho gukora iki cyaha yari asanzwe yotsa inyama mu Mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Remera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, Nshimiyimana Jean Claude, agaruka ku byakozwe n’uyu mugabo yagize ati “Kugeza ubu arakekwaho icyo cyaha cyo gusambanya uwo mwana uretse ko twavuga ko kitaramuhama kuko inzego zibishinzwe zitarabyemeza.”

Yavuze ko aya makuru bayamenye bayabwiwe n’umuryango w’uyu mwana. Yongeyeho ko uyu mwana yahise ajyanwa ku Bitaro bya Kabgayi kugira ngo akorerwe isuzuma, mu gihe uyu mugabo we yahise atabwa muri yombi akaba afungiyekuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages