00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhanga: Imibiri y’abazize Jenoside yabonetse mu gikari cy’urusengero rwa ADEPR

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu, Iradukunda Serge
Kuya 1 October 2019 saa 07:59
Yasuwe :

Abaturage bacukuraga umuyoboro w’amazi mu gikari cy’Urusengero rwa ADEPR Gahogo ruri inyuma y’urugo rw’umuturage, babonye imibiri umunani y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse bikekwa ko harimo n’indi hagendewe ku bimenyetso byabonetse.

Iyi mibiri yabonetse kuri uyu wa Kabiri mu Mudugudu wa Nyarucyamo II, Akagari ka Gahogo, mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.

Ahagana saa yine z’igitondo nibwo abacukuraga batangiye kubona iyi mibiri babimenyesha ubuyobozi buhita butangira gucukura hashakishwa n’indi, aho kugeza saa cyenda hari hamaze kuboneka imibiri y’abantu umunani.

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, yabwiye IGIHE ko bakimara kubona iyi mibiri bakomeje gushakisha ariko hari ibimenyetso bigaragaza ko hari indi mibiri ishobora kuba iri aha hantu.

Yagize ati “Nibyo babonye imibiri ya mbere ariko hari ibindi bimenyetso bishingiye ku myenda n’ibice by’imibiri bigaragaza ko hashobora kubonekamo n’indi.”

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye butangaza ko ibikorwa byo gushakisha indi mibiri bikomeje hanaganirwa, n’abarokokeye muri aka gace kugira ngo hamenyekane niba nta bandi bakekwa kuba bariciwe muri aka gace bakajugunywa hafi aha.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages