Bafatiwe mu Mudugudu wa Nyarucyamo Mu Kagari ka Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane. Bikekwa ko iyo myenda bayikuye mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yabwiye IGIHE ko bakimara gufatwa hahise hatangira iperereza.
Ati "Uko ari batanu bafunzwe kugira ngo bakorweho iperereza hamemyekane aho bakura iyo myenda bakayinjiza mu buryo bwa magendu ndetse n’abo bafatanya."
Yavuze ko imyenda bafatanywe ifite agaciro karenga miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Yasabye Abanyarwanda kwirinda kwishora mu bucuruzi bwa magendu kuko buhombya igihugu kandi na bo bukabakenesha ndetse bukaba bwateza n’umutekano muke.
Ati "Ubucuruzi bwa magendu buhombya igihugu kuko badatanga imisoro kandi n’ababukora barahomba, kuko iyo bafashwe bamburwa ibyo bicuruzwa."
Yavuze ko imyenda babafatanye yashyikirijwe Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!