00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Muhanga: Umupolisi yarashe umujura washatse kumutema

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 15 April 2024 saa 11:30
Yasuwe :

Polisi ikorera mu Karere ka Muhanga yarashe umugabo wari uvuye kwiba inka y’umuturage mu Murenge wa Rugendabari mu Karere ka Muhanga ahita apfa.

Ibi byabaye ahagana Saa Kumi n’imwe n’iminota 20 za mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata 2024.

Amakuru avuga ko uyu mujura, Polisi yamuhagaritse akanga guhagarara ahubwo agashaka kuyirwanya.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye IGIHE ko iperereza kuri iki kibazo ryatangiye ndetse amakuru nyayo azamenyekana nyuma.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugendabari, Gihana Tharcisse, we yemeje ko uyu mugabo ukekwaho ubujura yahuye na Polisi ahetse ibikapu bibiri byuzuyemo inyama, iramuhagarika ashaka kuyirwanya.

Ati “Yakuye umuhoro mu gikapu ashaka kuwutemesha Umupolisi ahita amurasa.”


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages