00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Malawi yataye muri yombi Murekezi Vincent ukekwaho Jenoside

Yanditswe na IGIHE
Kuya 8 December 2016 saa 03:36
Yasuwe :

Nyuma y’aho Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwongeye gusaba Malawi kohereza Vincent Murekezi ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, amakuru aturuka muri iki gihugu aravuga ko polisi yamaze kumuta muri yombi.

Ikinyamakuru Nyasa Times dukesha iyi nkuru kivuga ko Murekezi yatawe muri yombi kuri uyu wa kane, tariki ya 8 Ukuboza 2016, bikaba bibaye nyuma y’aho Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin agaragarije ko batangiye gusaba ko yafatwa akoherezwa mu gihugu mu 2009.

Umunyamabanga Mukuru muri Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga ya Malawi, Dalitso Kabambe nawe yemeje ko bakiriye inyandiko nyinshi zibasaba kohereza mu Rwanda uyu mugabo ukekwaho uruhare muri Jenoside.

Mu gihe umwe mu bapolisi utatangajwe amazina ariwe watangaje iby’itabwa muri yombi rya Murekezi avuga ko acumbikiwe ku biro bikuru bya Polisi i Lilongwe.

Abayobozi ba Polisi barimo n’Umuvugizi wayo ku rwego rw’Igihugu, James Kadadzera banze kugira icyo babivugaho, bagaraza ko ari ikibazo gifite uburemere.

Nyasa Times ivuga ko nyuma yo kubyumva yohereje umunyamakuru wayo mu rugo rwa Murekezi, igasanga koko mu gitondo aribwo polisi yamutaye muri yombi, mbere yo koherezwa mu Rwanda akazabanza kugezwa imbere y’urukiko rwo muri Malawi.

Bamwe mu bayobozi muri Leta ya Malawi bashinjwa kuba baramukingiye ikibaba ndetse mu 2011 bakaba baramufashije kubona urupapuro rw’inzira (Passport: MA078171) akoresheje amazina ya Banda Vincent aho yavuze ko akomoka Mbeya muri Tanzania.

Ni mu gihe “passport no PC939663” yafatiye mu Rwanda igaragaza ko yavukiye i Ngoma mu karere ka Huye.

Murekezi ashobora koherezwa kuburanishirizwa mu Rwanda

Murekezi ushinjwa kugira uruhare mu mugambi wo gucura no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, hagati ya 1991 na Nyakanga 1994, yamenyeshejwe ibyaha aregwa n’umucamanza mu rukiko rw’ibanze rwa Lilongwe, Patrick Chirwa kuri uyu wa Kane, ahagana saa munani.

Leta ya Malawi ishobora kumwohereza kuburanira mu Rwanda agahabwa igihano yakatiwe mu gihe yamaze yihishe muri iki gihugu nk’uko urubuga zodiakmalawi.com rwabitangaje.

Umushinjacyaha wa Polisi, Revison Mangani yatangarije urukiko ko Murekezi yafashwe ahagana saa 9:30, ahita ajyanwa mu rukiko kumenyeshwa ibyo aregwa.

Umwavoka wa Murekezi, Gift Katundu yatangaje ko urukiko rw’ibanze nta bubasha bufite bwo kuburanisha uru rubanza, asaba ko rwajyanwa mu rw’Ikirenga.

Isomwa ry’uru rubanza ryimuriwe ku wa Kabiri w’icyumweru gitaha, aho biteganyijwe ko Ibiro bikuru by’ubushinjacyaha bizafata umwanzuro kuri iki kibazo.

Murekezi w’imyaka 54 yahise ajyanwa gufungirwa muri gereza ya Maula, mu Mujyi wa Lilongwe.

Murekezi Vincent avanywe mu rukiko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages