00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musanze: Abantu batatu batawe muri yombi bakekwaho kwangiza ibendera

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 7 April 2024 saa 08:32
Yasuwe :

Abagabo babiri n’umugore umwe bakoraga ku Rwunge rw’Amashuri rwa Cyuve, batawe muri yombi nyuma y’uko ibendera ry’Igihugu ry’aho bakoraga rimaze iminsi riburiwe irengero rikaza gutoragurwa mu bwiherero bw’umwe muri bo.

Iri bendera ryabonetse mu bwiherero bw’urugo rw’umwe mu bakoraga isuku kuri icyo kigo nyuma y’icyumweru riburiwe irengero.

Ryabuze tariki 31 Werurwe 2024, bahita batangira kurishakisha ari nabwo ryaje gutahurwa tariki 4 Mata 2024 mu rugo rw’uwo mugore.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, wemeje aya makuru, avuga ko ababikekwaho bashyikirizwe Ubugenzacyaha kugira ngo hakorwe iperereza.

Yagize ati "Ibendera barisanze mu bwiherero bwo mu rugo rw’uwo mugore, mu gitondo cyo ku wa kane ahita afatwa atabwa muri yombi ngo hamenyekane uko ryageze muri ubwo bwiherero. Uretse uyu mugore, hari n’abandi bantu babiri bakoraga akazi k’ubuzamu kuri icyo kigo, na bo barimo gukurikiranwa."

Yakomeje agira ati “ Ibirango by’Igihugu harimo n’ibendera, riba rifite ahabugenewe riba, n’igihe bibaye ngombwa ko ribikwa bikagira uburyo bikorwamo. Umuntu wese bigaragaye ko yagambiriye kuryiba cyangwa kuryangiza, yewe n’uwafatirwa muri uwo mugambi wese, ni ukumutangira amakuru akabiryozwa kuko aba akoze icyaha gihanwa n’amategeko."

Itegeko No 30/2018 ryo ku wa 31/11/2018 rigena ibyaha n’ibihano muri rusange, mu ngingo zijyanye n’imikoreshereze n’iyubahirizwa ry’ibendera ry’igihugu, ivuga ku gusuzugura ibendera cyangwa ibimenyetso biranga ubwigenge.

Uwabikoze iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya 1,000.00 Frw ariko atarenze 2.000.000 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages