Iki kibumbano kigaragaraza ingagi n’umugabo utunze urutoki mu cyerekezo cyo muri Pariki y’Ibirunga. Ukomeje imbere mu muhanda werekeza muri iyi pariki hari ikibumbano cy’umugabo uhetse inyamaswa ufite icumu hasi hari ibiganza bisobekeranyije, kigaragaza ububi bwa barushimusi b’inyamaswa.
Ibi ni ibibumbano byakozwe n’abanyabugeni bibumbiye muri ‘Kinigi Community Art Center’, binyuze mu mushinga wo kumenyekanisha ubukerarugendo bukorerwa muri Musanze, uri gushyirwa mu bikorwa ku bufatatanye n’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe Iterambere, Enabel.
Kugeza ubu uyu mushinga wo kubaka ibi bihumbano umaze gutwara asaga miliyoni 15 Frw.
Umuyobozi wa Kinigi Community Art Center, Masumbuko Jean Pierre, yabwiye Televiziyo Rwanda ko aya mashusho afite ibisobanuro bitandukanye biganisha ku kurinda Pariki y’Ibirunga.
Ati “Bigaragaza ikaze, biri guha ikaze umuntu wese winjira mu Mujyi wa Musanze ariko cyane cyane bikaba bigaragaza umwihariko w’akarere w’ubukerarugendo.”
“Ruguru naho hari umuhigi hariho ufashe icumu ariko hariho amaboko agaragaza ikimenyetso kibuza guhiga, ibyo bita ba rushimusi, ibi bigaragaza ko ari ukwirinda ba rushimusi muri Pariki y’Ibirunga.”
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien, yavuze ko ibi bibumbano byashyizweho kugira ngo hamenyekanishwe ubukerarugendo bukorerwa muri aka karere kandi bizagenda byongerwa.
Ati “Ariya mashusho turi mu igerageza, mu gihe kiri imbere ahubwo azongerwa bitewe n’uko turimo tugaragaza ibindi byiza nyaburanga bishobora gukurura ba mukerarugendo biboneka muri Musanze.”
“Abantu ntibaze barangamiye ingagi gusa ngo ni bamara kuzisura bagende, ku buryo mu gihe kiri imbere tuzanakora ibishushanyo bibyerekana. Tuzabinoza ku buryo uhageze na nijoro akabasha kuba yabibona.”
Ku ruhande rw’ abaturage n’abagenderera Akarere ka Musanze bagaragaza ko ibi bibumbano byarimishije umujyi kandi bituma abajya muri Pariki babona inzira byihuse.
Pariki y’Iburunga ifatiye runini ubukererugendo bw’u Rwanda kuko imibare yo mu 2022 yagaragazaga ko isurwa n’abasaga ibihumbi bine buri mwaka. Abaturage bo muri Musanze bayituriye bayibonamo inyungu kuko mu mafaranga avamo abayituriye bahabwa miliyari 1,14Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!