Umuyoboro w’amazi Gacaca- Rwaza- Remera- Gashaki ureshya na kilometero 13 watangiye kubakwa mu kwezi kwa gatanu k’uyu mwaka uzuzura mu kwezi kwa kabiri umwaka utaha utwaye miliyari imwe na miliyoni magana arindwi z’amafaranga y’u Rwanda bikemure burundu ikibazo cyo kutagira amazi bari bamaranye igihe kirekire.
Kuri ubu harimo kubakwa ibigega bibiri binini, icyo muri Rwaza cya metero kibe 500 n’icyo muri Remera cya meterokibe 200 byombi bikaba byitezwho kuzageza amazi meza kuri aba baturage ku buryo buhagije kandi buhoraho.
Bamwe mu baturage batuye muri ibyo bice, bavuga ko bishimiye uyu mushinga kuko bagiye kuruhuka imvune bagiraga bajya gushaka amazi meza ndetse bamwe bahitagamo kujya kuvoma mu Kiyaga cya Ruhondo n’indi migezi itemba n’ibidendezi bikabatera indwara zanduzwa n’umwanda.
Nyiransengimana Jacqueline ni umwe muri bo, yagize ati " Ubundi kubona amazi ino byatugoraga cyane kuko utuma umwana akamara amasaha arenga abiri bikamukereza kujya kwiga ndetse murumva ko n’amazi azana atakora isuku ihagije mu rugo. Ubu bagiye kuyatuzanira hafi n’abifite bayatunge iwabo, isuku tuzayinoza ndetse bituruhure n’imvune twagiraga."
Munyaneza Damien na we yagize ati "Ubundi amazi ino twapfaga kudaha ariya ya Mukungwa cyangwa mu tubande abo hepfo bo bajyaga kuri Ruhondo. Ubu dufite icyizere ko tugiye kuyabona. Ubu dufitemo akazi ko kubaka ibigega no gucukurira ibi bihombo, tugahembwa neza ndetse n’ayo mazi mabi yatumaga duhora kwa muganga twivuza inzoka tuyasezeyeho."
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Musanze, Kanayogye Alex, avuga ko bitarenze ukwezi kwa gatatu kwa 2024 uyu mushinga uzaba uri gukora neza bikazatuma abaturage batuye iyo mirenge babona amazi mu buryo buhoraho mu gihe ubundi byasabaga kuyasaranganya kubera ubuke bw’ayabageragaho.
Yagize ati "Turateganya ko mu mpera z’uyu mwaka imirimo yose izaba yararangiye abaturage babona amazi. Iyi mirenge yari isanzwe ifite amazi make ariko mu bihe by’izuba akaba make hakabaho kuyasaranganya aho hari ingo zayabonaga inshuro enye gusa mu cyumweru bityo rero amazi aziyongera noneho ajye aboneka iminsi yose kuko azaba ahagije."
Akomeza agira ati "Abaturage barashishikarizwa kurushaho gucunga neza ibikorwa remezo by’amazi kugira ngo birambe bibahe serivisi igihe kirekire."
Muri Musanze amazi meza agera ku ngo zigera kuri 90,8% uyu muyoboro ukazafasha aka Karere kuzamura ibyo bipimo kuko muri 2024 biteganyijwe ko Abanyarwanda bazaba bagerwaho n’amazina meza ku gipimo cya 100%. Mu mijyi ntawe uzaba arenga metero 200 ajya gushaka amazi n’aho mu cyaro ntakurenga metero 500 nk’uko biri muri gahunda za Guverinoma.
Umushinga wiswe Reinforcement of Gakangaga-Munindi Water Supply System Phase One wateganyirijwe amafaranga 1,769,049,800 y’u Rwanda ukazubakwamo umuyoboro w’amazi, ibigega bifatwa ayo mazi n’inzu z’amavomero rusange abo baturage bazajya bifashisha.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!