00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musanze: Habonetse umurambo w’umugabo wari umaze iminsi itanu abuze

Yanditswe na Claude Bazatsinda
Kuya 3 March 2022 saa 08:59
Yasuwe :

Mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Shingiro mu Kagari ka Mugari mu Mudugudu wa Terimbere mu mugezi wa Susa ukura amazi mu birunga habonetse umurambo w’umugabo witwa Twizerimana Joseph uzwi ku izina rya ‘Kwikwi’ wari umaze iminsi itanu aburiwe irengero.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shingiro, Nteziryayo Augustin, yemeje aya makuru, avuga ko kuri ubu nyakwigendera yajyanywe ku bitaro ngo hamenyekane icyo yaba yazize bakaba bagitegereje icyo iperereza rizakorwa na RIB rizerekana.

Yagize ati “Natwe twamenye ayo makuru tuyabwiwe n’abo mu Murenge wa Musanze duhana imbibi kuko yari mu mugezi duhuriyeho, nabo bayahawe n’abana bari bagiye kwiga."

"Ubu tuvuye kwa muganga igikurikiraho ni ukumushyingura naho ibindi dutegereje icyo iperereza rizerekana. Nta muntu ukekwa kuko yari yagiye mu bukwe ku Cyumweru ataha mbere aribwo yabuze, umuryango we umenyesha ubuyobozi kugeza ubwo yabonekaga yapfuye."

Nyakwigendera yabuze kuwa 27 Gashyantare 2022, ubwo yari yatashye ubukwe mu Kagari ka Rwambogo mu Murenge wa Musanze bagakeka ko yatashye mbere ariko bikarangira abuze kugeza ubwo bamubonaga yapfuye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages