00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musanze: Imiryango 28 yacumbikiwe mu kigo cy’ishuri kubera amazi y’imvura yuzuye inzu zayo

Yanditswe na Twarabanye Venuste
Kuya 2 May 2020 saa 07:07
Yasuwe :

Imiryango 28 yo mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze, yegereye ikibaya cya Mugogo, yimuriwe mu Rwunge rw’Amashuri rwa Busogo ya I nyuma yo gusenyerwa n’imvura imaze iminsi igwa muri Mata 2020 ndetse inzu zisigaye zikuzura amazi.

Imvura yaguye mu mpera za Mata 2020 yujuje ikibaya cya Mugogo, kiri ku buso bwa Hegitari 70 yangiza imyaka yari ihinzemo irimo ibirayi, ibishyimbo, n’imboga.

Iyo mvura yatumye amazi agenda asatira inzu z’abaturage zicyegereye yinjira mu nzu. Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine yabwiye IGIHE ko hari n’inzu eshatu zasenyutse, bakaba bafashe icyemezo cyo kuba bakuyemo abantu kugira ngo barengere ubuzima bwabo.

Ati “Hari inzu ziba zugarijwe cyane ziba zacengeyemo amazi mu bikuta, hari n’inzu eshatu zo zasenyutse abo nibo twakuye aho hantu kugira ngo tubakure mu kaga twirinda ibyago bishobora kuba.”

Yavuze ko bajyanwe mu Rwunge rw’Amashuri rwa Busogo ya I, kugira ngo hategerezwe ko ayo mazi akama. Mbere yo gusubiramo hakazabanza kugenzurwa niba basubiramo cyane ko hari igihe inzu ishobora kugwa imvura yarahise kubera yinjiwemo n’amazi cyane.

Ati “Tuzareba uko bimeze kuko amazi ashobora kugabanyuka mu nzu kandi yashegeshwe cyane.”

Inzu zose z’iyo miryango 28 igizwe n’abantu 147 zagezemo amazi. Imvura yo mu kwezi gushize yasenyeye abantu mu bice bitandukanye by’igihugu, yangiza ibikorwa remezo ndetse itwara n’ubuzima bw’abantu.

Ntabwo ari muri Musanze abantu bacumbikiwe mu kigo cy’ishuri gusa kuko no muri Gasabo hari abacumbikiwe mu ishuri ryisumbuye rya Gihogwe.

Amazi yuzuye inzu z'abaturage bituma bimurwa /Photo:RBA
Abaturage bacumbikiwe mu kigo cy'amashuri cya Busogo ya I/Photo:RBA

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages