00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musanze: Umwana umaze iminsi itatu arohamye yabonetse yarapfuye

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 12 July 2026 saa 01:45
Yasuwe :

Umwana uherutse kurohama mu mugezi wa Mukungwa mu Karere ka Musanze ukaburirwa irengero, umurambo we wabonetse.

Uyu mwana w’imyaka 17, yarohamye muri uyu mugezi tariki 9 Nyakanga 2026 ubwo yari kumwe n’abandi bana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwaza, Nkurunziza Faustin yabwiye IGIHE ko uyu mwana yajyanye n’abandi bari bagiye kumwigisha koga ararohama.

Ati “Umwana yajyanwe na bagenzi be basanzwe bazi koga mu mugezi wa Mukungwa bagiye kumwigisha, amazi akimara kumutwara baratabaje dukomeza gufatanya na Polisi gushakisha, ariko arabura ku gice cy’urugomero rwa Mukungwa I ari nacyo yarohamiyeho, byasabye ko bagomera amazi bayarekura ari menshi uwo mwana aboneka ku rugomero rwa Mukungwa II ejo hashize, tariki 11 Nyakanga 2026 yapfuye.”

Gitifu Nkurunziza yaboneyeho gusaba ababyeyi kutibagirwa inshingano zabo zo kuba hafi abana babo bari mu biruhuko, ndetse ko na Leta mu gushyiraho akayo yashyizeho gahunda y’Intore mu biruhuko, kugira ngo bafashwe mu bikorwa by’imikino n’imyidagaduro mu kubarinda ubuzererezi, kugira ngo bazasubire ku ishuri bagifite uburere.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe mu bitaro bya Ruhengeri gukorerwa isuzumwa mbere y’uko ushyingurwa.

Umwana w'imyaka 17 wari warohamye muri uyu mugezi wa Mukungwa yavanwemo yapfuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages