Ibizamini bya Leta by’amashuri yisumbuye byakozwe ku wa 15 Nyakanga 2026. Imibare igaragaza ko abakoze ibizamini mu mashuri y’icyiciro cya kabiri cy’ayisumbuye ari 108.722.
Ubwo Dr Bahati yari mu kiganiro kuri RBA, ku wa 28 Kanama 2026, yavuze ko amanota y’abarangije umwaka wa gatandatu w’ayisumbuye azasohoka mu gihe cya vuba.
Ati “Gutunganya amanota y’abarangije amashuri yisumbuye bigeze kure ku buryo twavuga ko mu minsi mike cyane, itagera wenda kugera mu cyumweru cyangwa icyumweru n’igice dushobora kuba twatangaje amanota.”
Mu Rwanda iyo amanota asohotse, ababonye amanota abemerera kwiga kaminuza bahita bajya kwiga batagombye gutegereza umwaka.
Mu mwaka ushize abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye batsinze ku kigero cya 89,1%, aho abahungu batsinze ku kigero cya 93,5% naho abakobwa batsinda kuri 85,5%.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!