00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ngoma: Babangamiwe na Pasteri ubatiriza mu kidendezi cy’amazi mabi

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 12 February 2024 saa 02:39
Yasuwe :

Abaturage bo mu Murenge wa Mutenderi mu Karere ka Ngoma bavuga ko babangamiwe n’umupasiteri ubatiriza abantu mu kidendezi cy’amazi mabi kiri hafi y’umuhanda kuko bishobora gutera abantu indwara.

Bavuga ko uyu mupasiteri yitwa Yeretana Ernest ndetse abarizwa mu idini ryitwa Revival Church riri ahitwa Muzingura mu Murenge wa Mutenderi mu Karere ka Ngoma.

Bemeza ko kuba iki kidendezi gituriye umuhanda bituma kigira ibyago byinshi byo kwandura bityo kugishyiramo umuntu nawe bishobora kumuviramo kwandura indwara zitandukanye.

Bavuga ko batiyumvisha impamvu ubuyobozi butabuza uyu mupasiteri kubatiriza abantu muri icyo kidendezi cyane ko kiri ku muhanda kandi bahora bamunyuraho.

Ati “Twibaza impamvu batajya babimubuza byaratuyobeye kuko ntabikora yihishe abikorera ku muhanda mbese kumugaragaro.”

Meya w’Akarere ka Ngoma, yabwiye IGIHE, ko bagiye gukurikirana iki kibazo.

Ati “Turabikurikirana uriya mupasiteri agirwe inama yo kureba ubundi buryo yakoresha kuko ariya mazi ni mabi yateza ibibazo.”

Yaboneyeho gusaba abapasiteri gukora ibikorwa bya gikirisitu ariko bitabangamira ubuzima bw’abaturage no kugira umuco w’isuku.

Abaturage bo muri Ngoma bagaragaje ko babangamiwe n’uburyo bagenzi babo babatirizwa mu mazi asa nabi
Amazi uyu mukozi w’Imana abatirizamo aba asa nabi bigaragarira amaso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages