Kuwa Mbere tariki ya 19 Ukwakira, mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi nibwo imiryango 100 ikennye kurusha iyindi yahawe ihene 100 zifite agaciro ka miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda,y’ yavuye mu nyungu ubu bwato.
Bamwe mu batuye ku kirwa cya Nkombo baganiriye na Radiyo Flash dukesha iyi nkuru, bashima inyungu z’ubwato Perezida Kagame yabahaye zitangiye kubageraho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi,bwo buvuga ko buzakomeza kugeza ku baturage inyungu z’ubu bwato bwabo kuko bukora ibikorwa by’ubucuruzi.
Kankindi Léoncie, Umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yagize ati “Twavuga ko ari ubwa mbere babonye kuri uyu musaruro, ariko si uko ubwato butinjiza ahubwo nuko twari twabanje gutegereza ngo hagire ikintu mu by’ukuri gishobora kugoboka ubwato igihe buhuye n’ikibazo.”
Yakomeje agaragaza ko abaturage bagiye gutangira kurya ku mbuto z’ubu bwato ngo bitewe n’uko iki gikorwa kizakomeza.



















TANGA IGITEKEREZO