Yabitangaje kuri uyu wa 7 Ukuboza 2023, ubwo yari amaze kumurika ibyavuye mu bushakashatsi uyu muryango abereye umuyobozi wakoze ku bijyanye na Ruswa Nto mu Rwanda, RBI [Rwanda Bribery Index].
Ubushakashatsi bwa Transparency International ku rwego rw’Isi [CPI], bwashyize u Rwanda ku mwanya wa Kane mu bihugu bitarangwamo ruswa muri Afurika kuko rufite amanota 51%.
Mupiganyi yavuze ko n’ubwo iyo mibare igaragaza ko u Rwanda ruhagaze neza ku ruhando mpuzamahanga bitavuze ko nta ruswa iharangwa.
Ati “Nta kwitera ijeke kuko ruswa mu Rwanda irahari. 22% bavuga ko basabwe ruswa cyangwa batanze ruswa, iyo dushyize mu mibare tugakuba na miliyoni esheshatu zirenga z’Abanyarwanda bakagombye kuba bahura n’icyo kibazo cya ruswa, imibare irazamuka cyane ni hafi ya miliyoni imwe irenga y’Abanyarwanda bahuye na ruswa.”
“Ni byiza gutekereza mu byiza tureba imbere kuko tuba tureba aho twaturutse n’aho tugeze kuko hari intambwe irimo guterwa ariko nanone ntabwo tugombye kugenda ngo turyame dusinzire, ngo tuvuge ko twageze iyo tujya.”
Mupiganyi avuga ko n’ubwo raporo zitandukanye zigaragaza ko mu Rwanda barwanya ruswa, bitavuze ko idahari ndetse hakenewe imbaraga za bose mu kuyirandura.
Ati “Ruswa irahari, umunsi ku munsi, abaturage barahura n’ikibazo cya ruswa, hari nk’ingero umuturage ashobora kuba yakoreye amafaranga hakaza abandi bantu bamubwira ngo atange mu byo yakoreye, atazi icyo agiye gukora, urumva ni wa muntu uba ugiye gukoresha ububasha bwe mu nyungu ze bwite.”
“Ntabwo turimo kuvuga ngo yaragabanyutse, ruswa irahari kandi imbaraga zacu twese zirakenewe kugira ngo tuyirandure, dukomeze gutera imbere tugabanya biriya bipimo, nituza tukagera kuri 5% mu gusabwa no kuyitanga muri rusange, tuzaba turi kugana ahantu heza.”
Yakomeje agira ati “Ntabwo tuzagera kuri 0%, ngira ngo murabizi ko na Yesu mu ntangiriro y’Isi bavuga ngo Adam na Eva bakoze icyaha kubera ruswa. Ubwo rero ni ikintu tugomba kubana nacyo.”
Avuga ko ruswa uretse kuba imunga ubukungu bw’igihugu muri rusange ariko ituma abanyantege nke barengana kurushaho.
Ati “Icyo tugomba gukora ni ukugira ngo tugabanye ingaruka zayo ku banyantege nke kuko hariho bamwe bafite n’ubushobozi bwo kuba batanga ikiguzi cyayo basenya n’igihugu birumvikana.”
“Ariko bariya banyantege nke tugomba kubarengera kugira ngo twubake igihugu gifite intumbero cyangwa icyerekezo gihuje Abanyarwanda bose, iterambere turisangiye ntawe urenganye.”
Ubushakashatsi bwa TI-Rwanda bwagaragaje ko Abanyarwanda 13% babona mu ruswa iri ku rwego rwo hejuru mu gihugu. Ni mu gihe ababona ko iri ku rwego rwo hasi ari 50.84% naho abandi 17% bakabona iri ku kigero kiringaniye.
Amafoto: Raoul Habyarimana



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!