Umushara fatizo usanzwe washyizweho mu 1974 ungana na 100 Frw ku munsi kuri buri wese ukorera abandi.
Senateri Umuhire Adrie, ubwo yari mu Nteko Rusange Imitwe yombi bagezwaho na Minisitiri w’Intebe ibikorwa bya Guverinoma byagezweho mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, ku wa 19 Kamena 2025, yagaragaje ko hakenewe umushahara fatizo ujyanye n’igihe.
Ati “Nagira ngo mbaze ku kijyanye n’umushahara fatizo umuntu yagakwiye kuba ahembwa. Ibyo bizashyirwaho ryari kuko usanga umushahara fatizo twari dufite ukeneye kuvugururwa kugira ngo ujyane n’igihe tugezemo.”
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard, yavuze ko gushyiraho umushahara fatizo birimo ingingo nyinshi zigomba kwigwaho kuko byagira ingaruka ku bukungu bw’igihugu.
Ati “Iki kibazo kirakomeye [...] reka mbabwire ngo kirimo kuganirwaho ariko ntabwo ari ikibazo cyoroshye. Akenshi iyo tukivuga abantu bagira ngo kiroroshye. Iyo ushyizeho umushahara fatizo mu bukungu bw’igihugu uba uvuze ngo buri wese ukora akazi akora kose amake ahembwa abe ari ayo umushyiriyeho. Ibyo rero bifite byinshi bivuze ku bukungu bw’igihugu.”
Yahamije ko “dushyizeho umushahara fatizo uyu munsi tukavuga ngo umuntu wese uhembwa ntazajye munsi y’ayo ni ukuvuga ko n’umukozi wo mu rugo iwawe ugomba kumuhemba ayo ngayo.”
Dr. Ngirente yavuze gushyiraho umushahara fatizo mu gihe ubukungu bw’igihugu bukiri mu nzira yo kwiyubaka byaremerera buri wese.
Ati “Ntabwo ari ibintu byoroshye buriya harimo uruhererekane rukomeye rutuma bigomba gutegurwa neza, tukemera ko umushahara fatizo ugomba kubaho ariko hari urwego ubukungu bugomba kuba bugezeho ukaba uzi ko bishoboka.”
Yavuze ko “Buri muntu wese ufite umukozi akoresha amuhembe ayo ari yo make, namara kumuhemba uwo muntu na we abashe kubaho na we atajya gusaba umukoresha bikagenda bikurikiranye. Ntabwo rero twacyibagiwe turakiganira kenshi tukaza gusanga gisaba ko hari ibikibanziriza byinshi cyane noneho tukacyitondera.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!