Yabigarutseho kuri uyu wa 20 Ugushyingo ubwo yari mu Karere ka Musanze, mu gikorwa cyo kumenyekanisha Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.
Yabwiye abayobozi b’Intara y’Amajyaruguru ko igikenewe atari ukugaragaza imibare y’abana basambanyijwe cyangwa batewe inda, ahubwo ari ugushyira mu bikorwa ingamba zigamije kubirwanya.
Yagize ati “Ntabwo igikenewe cyane ari umubare w’aba bana gusa, hakenewe ingamba zifatika zo kubirwanya n’abakora ibyo bakamenyekana, kandi ubu biroroshye, ntawe ukibikora ngo yiregure ngo sinjye njyenyine yahaye.”
“Ikiriho ni uko amategeko yavuguruwe, iyo ukoze icyaha uba wiyahuye, uko byagenda kose se w’umwana azajya amenyekana hifashishijwe uburyo bwo gupima ibimenyetso bya DNA. Amahitamo ni abiri: kureka icyaha burundu cyangwa gufungwa burundu. Inama nabagira ni ukureka icyaha burundu.”
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianny avuga ko ikibazo cy’abana baterwa inda gifite indi ntera mu iyi ntara, ariko ababikora batangiye gukurikiranwa.
Yagize ati “Mu myaka ibiri ishize tumaze gufata abagabo 156 bakurikiranyweho iki cyaha, n’ubwo umubare wabo ukiri muto ugereranyijwe n’abahuye n’iki kibazo, ariko iperereza ryo riracyakomeje. Turasaba ubufatanye ku nzego zose kugira ngo abakoze ayo marorerwa bose babiryozwe.”
Bamwe mu baturage batuye muri iyi Ntara nabo bemeza ko iki kibazo cyugarije abangavu, ugasanga kibabuza amahirwe arimo no gukomeza amashuri yabo.
Mporanyenabo Augustin yagize ati “Mfite umwana w’umukobwa watwaye inda afite imyaka 17, iki ni kibazo kitwugarije kandi gihangayikishije. Nk’ubu uwanjye ntarasubira ku ishuri kuko umwana akiri muto, aba afite n’ipfunwe ryo gusubira mu rungano yitwa umubyeyi.”
Akimanimpaye Marie Anne we yagize ati “Ubu umubyeyi wese ufite umwana w’umukobwa umutima ntuba uri hamwe, ubona avuye mu rugo ugasigara ufite ubwoba bw’icyo azana. Nihashakwe ingamba zihariye naho ubundi urugamba rurakaze.”
Imibare y’Intara y’Amajyaruguru igaragaza ko mu myaka ibiri ishize, abana b’abakobwa bagera ku 2650 abo batewe inda, mu gihe akarere kaza ku isonga mu kugira abana benshi batewe inda ari Musanze ifite 724.



















TANGA IGITEKEREZO