00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyabarongo yuzuye ifunga umuhanda Ngororero-Muhanga (Yavuguruwe)

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 28 April 2018 saa 12:23
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda wa Ngororero-Muhanga utari nyabagendwa kubera umugezi wa Nyabarongo ugabanya utwo turere wuzuye ukarenga ikiraro, ukabangamira urujya n’uruza rw’abantu n’ibinyabiziga.

Mu itangazo Polisi yashyize ku rubuga rwayo rwa Twitter yagize iti“Umuhanda Ngororero-Muhanga ntabwo ari nyabagendwa kubera amazi y’umugezi wa Nyabarongo yarengeye ikiraro gitandukanya utu turere. Turasaba abakoresha uyu muhanda kwihanganira izi mpinduka.”

Umukozi w’Akarere ka Ngororero ushinzwe itumanaho, Nshimyumuremyi Jean Pierre, yabwiye IGIHE ko imvura yaraye igwa ijoro ryose ariyo yatumye uyu mugezi wuzura.

Ati “Yatangiye kuzura ejo, ubwo rero imvura yaraye igwa ijoro ryose kugera mu gitondo. Niyo yatumye huzura, ariko n’indi mihanda ihuza imirenge nayo yangiritse, imyinshi si nyabagendwa.”

Nshimyumuremyi yakomeje avuga ko uretse uwo wa Muhanga-Ngororero warenzwe n’amazi hakaba nta kindi cyakorwa uretse gutegereza akagabanuka, ahandi abaturage bari kugerageza kuyikora ariko ko hari ibirenze ubushobozi bwabo, bikeneye imashini.

Urujya n’uruza mu muhanda Ngororero-Muhanga ruhagaze nyuma gato y’ifungwa ry’umuhanga Muhanga-Karongi, ryatewe n’inkangu yawufungiye ahazwi nko ku Rutare rwa Ndaba mu Murenge wa Rugabano.

Ministeri Ishinzwe Impunzi n’Imicungire y’Ibiza mu Rwanda (MIDIMAR), iheruka gutangaza ko kuva muri Mutarama kugeza tariki 16 Mata 2018, mu gihugu hose abantu 51 bari bamaze guhitanwa n’ibiza barimo 31 bishwe n’inkuba naho abagera ku 170 bari bamaze gukomeretswa nayo.

Inzu 3288 zarangiritse, izigera kuri 64 zisenyuka burundu, imyaka ihinze kuri hegitari 1579.3 niyo yari imaze kubarurwa nk’iyangiritse, amatungo 695 arapfa, imihanda 10 irangirika n’ibiraro 17 birasenyuka.

Amashuri 15, insengero zirindwi n’inyubako ebyiri z’ubuyobozi zarasenyutse. Gusa nyuma yaho ibiza byarakomeje nk’aho mu Karere ka Kamonyi, imvura yishe abantu batandatu ku wa 26 Mata 2018, yangiza imyaka n’ibindi bikorwa remezo.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, Polisi yatangaje ko amazi y’umugezi wa Nyabarongo yari yuzuye, akabangamira urujya n’uruza hagati y’uturere twombi yamaze kuva mu muhanda, ubu wongeye kuba Nyabagendwa.

Imvura nyinshi yaguye yatumye hasika inkangu mu bice bitandukanye byo mu Majyepfo y'Igihugu ku buryo ubu umuhanda wa Ngororero-Muhanga atari nyabagendwa
Amazi ya Nyabarongo yarenze ikiraro agera mu muhanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages