Nubwo tutarabasha kuvugana na Njyanama y’aka karere, Ngabo yemereye IGIHE ko yayandikiye yegura ku mpamvu ze bwite.
Yagize ati “Ejo nibwo nanditse ibaruwa nsaba gusezera ku kazi nk’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, ikaba yabagezeho mu gitondo, ntegereje ko inama njyanama iterana ikemeza ubwegure bwange. Nta yindi mpamvu yabinteye umuntu akora akazi yakumva ashobora kukareka agasezera, ni uburenganzira bwe nta kibazo mfitanye n’akarere, nta kibazo bandega ni ubushake bwanjye.’’
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere yeguye akurikira Umuyobozi w’Akarere Wungirije wari ushinzwe Ubukungu, Mugwiza Antoine, weguye mu kwezi gushize.



















TANGA IGITEKEREZO