Uyu mugabo w’imyaka 26 y’amavuko wo mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Jomba, Akagari ka Nyamitanzi mu Mudugudu wa Nyamitanzi, yafashwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki 15 Ukuboza 2021.
IGIHE yamenye ko uyu mugabo yafashwe agerageza guha ruswa y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bitanu umu-Dasso ngo amufashe kurekura bagenzi be bari bamaze gufatwa barimo gusarura ishyamba nta byangombwa.
Aba bagabo bakimara gutabwa muri yombi bahise bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Jomba.
Mugenzi wabo wagerageje gutanga ruswa ngo barekurwe, na we yatawe muri yombi ajya gufunganwa na bo.
Itegeko rihana icyaha cya ruswa ryo mu 2018 mu ngingo yaryo ya 4 riteganya ko uhamijwe no gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, ahanishwa igifungo cy’imyaka itanu kugera kuri irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!