Umunyamakuru wa IGIHE wageze aho iyi mpanuka yabereye, avuga ko iyi modoka yari yikoreye ibitoki iva mu Mujyi wa Kigali yerekeza mu Ntara y’Amajyepfo igeze ku mugezi wa Yanza(hafi yo ku Giti cy’inyoni) iyoba umuhanda igonga abantu bane batambukaga.
Abaturage bari aho iyi mpanuka yabereye bavuze ko bishoboka ko uwari utwaye iyi modoka yari yasinze kuko yagendaga nabi cyane ndetse akaba yahise ahunga ariko nyuma aza kwishyikiriza Polisi aho yavugaga ko yari afite impungenge z’umutekano we.
Uwari utwaye iyi modoka yitwa Niyibizi Daniel w’imyaka 39. Umugore we yavuze ko atanywa inzoga.
Uwapfuye ni umugabo w’imyaka 63 witwa Urezintare Jean Népomuscène wari uvuye gutora,mu gihe abandi batatu(abagabo babiri n’umugore) bakomeretse bikomeye.



















TANGA IGITEKEREZO