00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyabugogo: Yatawe muri yombi azira gukubita abanyerondo n’abagenzi

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 24 February 2017 saa 11:11
Yasuwe :

Umusore w’imyaka 23 yatawe muri yombi na Polisi azira gukubita bikomeye abanyerondo n’abagenzi bari bateze imodoka muri Gare ya Nyabugogo mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, tariki ya 23 Gashyantare 2017.

Abatangabuhamya bavuga ko uwo musore yinjiye muri Gare ya Nyabugogo avuye mu kabari, atangira gukubita buri wese bahuye, ku buryo abamubonaga bose bakizwaga n’amaguru. Mu bo yakubise harimo n’abanyerondo bashakaga kumufata.

Umwe mu bagenzi witwa Biziyaremye Innocent, yagize ati “ Nk’ubu njye yankubise ahita ankandagira mu nda kandi tutaziranye, yewe nta n’ikintu nari mutwaye ku buryo n’abanyerondo bari baje kuntabara yahise atangira kubakubita.”

Abanyerondo bahise batabaza Sitasiyo ya Polisi ya Nyabugogo ikorera muri gare, uwo musore ahita afatwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda SP Hitayezu Emmanuel, yabwiye IGIHE ko uyu musore akurikiranyweho icyaha cyo gukoza isoni abayobozi b’igihugu n’abashinzwe umurimo rusange w’igihugu, gihanishwa igifungo cyo kuva ku mwaka umwe kugeza kuri ibiri n’ihazabu y’ibihumbi 50 kugeza ku bihumbi 500 frw, cyangwa kimwe muri ibyo bihano nk’uko biteganywa n’ingingo ya 539 yo mu gitabo cy’amategeko ahana mu Rwanda.

Muri Gare ya Nyabugogo aho umuturage yakubitiye abagenzi n'abanyerondo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages