00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyakabanda: Impungenge ku buzima bw’umugabo wagaragaye yaburiye umwuka mu muhanda

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 11 November 2023 saa 04:58
Yasuwe :

Abaturage bo mu Mudugudu wa Munini mu Kagari ka Nyakabanda ya I mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge batewe impungenge n’umugabo babonye aryamye ku muhanda, asa n’uwabuze umwuka.

Uyu mugabo utabashije kumenyekana imyirondoro ye, yagaragaye muri aka gace mu rukerera rwo ku wa Gatandatu, tariki ya 11 Ugushyingo 2023.

Abamubonye bavuze ko yavaga amaraso menshi mu myanya y’umubiri itandukanye.

Abaganiriye na IGIHE bavuze ko badasanzwe bamuzi muri ako gace gusa bamubonye aryamye ku nzira ari gutuma isazi anava amaraso bikabatera kwibaza ku buzima bwe.

Umuturage witwa Habiyambere Emmanuel yagize ati “Twe twabyutse duciye aha tubona umuntu ari kuva urufuro mu kanwa ari no kuva amaraso mu kibuno gusa dutinya kumwegera dukeka ko ari bimwe muri bya byorezo byateye byamufashe kugira ngo atatwanduza.”

Uwitwa Nzamukosha Chantal we yavuze ko bakibona uyu mugabo bwa mbere bakeketse ko yapfuye bitewe n’uko yari ameze.

Ati “Abantu bose bahuruye bazi ko yapfuye bitewe n’uko yari ameze, ava amaraso n’isazi zimwuzuyeho ari nyinshi. Nyuma ni bwo twabonye afite akuka gake cyane.”

Nyuma y’uko abaturage babonye uyu mugabo asa nk’aho akirimo akuka gake bahise bahamagara ubuyobozi n’inzego z’umutekano n’imbangukiragutabara kugira ngo ihite imujyana kwa muganga asuzumwe ndetse anavurwe.

Abaturage bo mu Mudugudu wa Munini mu Nyakabanda baketse ko uyu mugabo yapfuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages