Mu mwaka w’imihigo wa 2016/2017 aka akarere kaje ku wa 27 n’amanota 75.55% mu gihe mu mwaka wawubanjirije wa 2015/2016 kari ku mwanya wa gatanu n’amanota 77.25%.
Abaturage bo muri ako karere baganiriye na IGIHE bagaragaje ko umwanya baheruse kubona ugaragaza uko besheje imihigo batawishimiye, bavuga ko bo ibyo bagombaga gukora babikoze neza ahubwo ikibazo cyashakirwa mu buyobozi.
Mu byo abo baturage bavuga bakoze, harimo gutanga imisoro neza, kwitabira kugura mituweli, kugira isuku, kujyana abana ku ishuri, kwitabira umuganda na gahunda za Leta z’ibindi.
Bizimana wo mu Murenge wa Gasaka ati “Ntabwo uriya mwanya wo muya nyuma tuwishimiye kuko ubusanzwe twazaga muri batanu ba mbere, hari byinshi bitagenze neza nk’isoko rimaze imyaka myinshi ritubakwa ryaheze mu magambo, nka sitade, nta nyubako nsha iheruka kuzamurwa hano mu mujyi, no muri bucuruzi biracyagenda buhoro”.
Perezida w’Inama y’abafatanyabikorwa mu Karere ka Nyamagabe, Faustin Kanani, yavuze ko umwanya akarere kabonye mu mihigo ya 2016/2017 udashimishije ariko basanze ikibazo cyarabaye mu mikoranire y’abafatanyabikorwa, abaturage n’ubuyobozi.
Kanani ati “Mu kubaka umudugudu w’icyitegererezo ahitwa Uwinyana, hari kugaragaza isura y’akarere n’uruhare rw’abafatanyabikorwa, uwo muhigo ntabwo wagenze neza kubera imikoranire itaragenze neza, twisuzumye kugira ngo ubutaha bizagende neza”.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Philbert Mugisha, yavuze ko kuba barasubiye inyuma mu mihigo ahanini bishingiye ku guteshuka kwa bamwe mu bayobozi ku kwegera abaturage no kubaha umwanya bakagira uruhare mu bibakorerwa, yemeza ko bigiye gukosorwa.
Mugisha ati “Muri kwa gutekereza ibikorwa byose bizakorwa umuturage yose akaba agomba kuba yabigizemo uruhare rutaziguye kandi amakuru ayafite, noneho no mu gihe cy’ishyirwa mu bikorwa akabigiramo uruhare. Hari aho bigaragara ko hakirimo icyuho ari nabyo twagiye tuganiraho turebera hamwe uko byakosorwa”.
Mu bindi byagarutsweho bigomba gushyirwamo ingufu mu mihigo, harimo kwimakaza isuku no kurwanya imirire mibi ikigaragara muri ako karere.
























TANGA IGITEKEREZO