00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamagabe: Minisitiri Gatabazi yatashye ikiraro cyatwaye asaga miliyoni 105 Frw

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 11 December 2021 saa 07:49
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yatashye ku mugaragaro ikiraro cy’abanyamaguru cyo mu Kirere cya Rwangambibi gihuza imirenge ya Gatare na Mushubi mu Karere ka Nyamagabe, cyuzuye gitwaye miliyoni 105 Frw.

Icyo kiraro cyatashywe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Ukuboza 2021 cyubatswe ku bufatanye bw’Akarere ka Nyamagabe na Bridge to Prosperity.

Minisitiri Gatabazi yavuze ko Leta y’u Rwanda ishaka ko abaturage bo mu byaro bahahirana maze abasaba ko iki kiraro kibabera inzira igana ku bukire.

Yagize ati “Igihugu cyacu gifite imisozi miremire ariko ni igihugu gifite amahirwe menshi ku Banyarwanda. Ni yo mpamvu dushaka ko ubwo bwiza bw’iyi misozi n’abaturage bahura ahasigaye tugatera imbere.”

Minisitiri Gatabazi yabwiye abaturage ko iki kiraro bagomba kukibyaza umusaruro bahahirana, abana babo bajya ku ishuri kandi bajya kwivuza neza igihe barwaye.

Mu mirimo yo kubaka iki kiraro, abaturage bagera kuri 270 barimo abagore 86 (32%) n’abagabo 184 (68%) bahawe akazi.

Baranyeretse Sereverien wo mu Kagari ka Shyeru mu Murenge wa Gatare yavuze ko iki kiraro cyubatswe ahantu hahurira imigezi ibiri, uwa Rwondo n’uwa Nyamutukura hakaba hari hagoye kuhambuka mbere y’uko iki kiraro kihagera.

Ati “Aha hantu hari hagoye kuhanyura ndetse nta wari kwifuza kuhanyura abona imvura ikubye. Hari abanyeshuri batabashaga kujya kwiga ku kigo cy’i Mushubi kuko ariho hari ishuri rifite uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, ubundi barangizaga mu cyiciro rusange bakagarukira aho kubera kwanga kwambuka uruzi imvura yaguye.”

Yavuze ko Umurenge wa Gatare ukungahaye ku buhinzi bw’ibirayi n’indi myaka ariko isoko ry’ibiribwa rikaba riri mu Murenge wa Mushubi ubu abaturage bakaba borohewe no kurirema kubera ikiraro kibahuza bubakiwe.

Iki kiraro cyujuje umubare wa 100 mu biraro byubatswe na Bridges to Prosperity mu Rwanda, kikaba ari icya 14 mu biraro byuzuye mu Karere ka Nyamagabe.

Minisitiri Gatabazi yatashye ikiraro cyatwaye asaga miliyoni 105 Frw mu Karere ka Nyamagabe
Minisitiri Gatabazi aganira n'umwe mu bayobozi ba Bridges to Prosperity
Ni ikiraro gihuza imirenge ya Gatare na Mushubi mu Karere ka Nyamagabe, kireshya na metero 83
Minisitiri Gatabazi yavuze ko Leta y’u Rwanda ishaka ko abaturage bo mu byaro bahahirana maze abasaba ko iki kiraro kibabera inzira igana ku bukire

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages