Uyu musaza w’imyaka 72 y’amavuko bamwishe bamusanze aho yari araye izamu, ahahoze uruganda rwatunganyaga ibiryo by’inkoko.
Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’abakozi mu Murenge wa Kamegeri, Eliezer Ukomejegusenga, yabwiye IGIHE ko amakuru y’urupfu rwa Ngarukiye bayamenye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, bayabwiwe n’umuzamu ukora ku manywa wari uje gusimbura uwo wishwe.
Ati “Umuzamu ukora ku manywa niwe watubwiye ayo makuru kuko we yakoraga nijoro, ngo yahageze mu gitondo asanga bamwishe bamuteye ibyuma mu mutwe banamuboshye amaboko. Twahise tuhagera turi kumwe n’abashinzwe ubutekano, umurambo we twawujyanye ku bitaro bya Kigeme kugira ngo ukorerwe isuzuma.”
Abo bagizi ba nabi bishe urugi bamusanga imbere, bamutera ibyuma mu mutwe, biba bimwe mu bikoresho byari bihari, birimo iminzani ibiri n’imashini.
Urwo ruganda yiciweho ruri mu gishanga ahantu hategereye ingo z’abantu hafi y’aho Umurenge wa Kamegeri uhana imbibi n’Akarere ka Huye.
Ukomejegusenga avuga ko kugeza ubu hamaze gufata abantu bane bakekwaho ubwo bugizi bwa nabi, batatu muri bo bashyikirijwe Polisi ikorera kuri Sitasiyo ya Gasaka, undi nawe akaba agiye kujyanwayo.



















TANGA IGITEKEREZO