00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamasheke: Abanyeshuri bakoresha isaha n’igice bagiye kwiga barasaba kwegerezwa amashuri

Yanditswe na Sitio Ndoli
Kuya 29 January 2018 saa 08:50
Yasuwe :

Abanyeshuri bo mu Mirenge ya Kanjongo na Macuba, bavuga ko bakora urugendo rw’isaha imwe n’igice bagiye kwiga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12, bagasaba ko bakwegerezwa amashuri hafi y’aho batuye.

Aba banyeshuri bavuga ko urugendo rurerure bakora rubabangamiye kuko bagera ku ishuri bananiwe bigatuma batiga, bikabaviramo gutsindwa.

Uwurukundo Thérèse wo mu Murenge wa Kanjongo ati “Twiga ku Ruheru, ni kure cyane uterera imisozi. Uhagenda amasaha atatu n’amaguru (kugenda no kugaruka). Ni bibi cyane ku myigire ugerayo wananiwe ku buryo gufata bikugora, tukumva twakwiga hafi.”

Musabyimana Valens wo mu Murenge wa Macuba na we ati “Twiga mu wundi Murenge wa Karambi, kujyayo ni kure cyane. Hari igihe imvura igwa bigatuma dusiba, iyo wiga utaha inzara iba ari nyinshi kandi uhagera n’icyuya cyakurenze; urumva ntiwakwiga neza.”

Ababyeyi bo bavuga ko bafite impungenge z’imisozi abana babo baterera n’imigezi bambuka dore ko hari uwigeze kugwa mu mugezi akitaba Imana.

Mukamana Hélène yagize ati “Bambuka umugezi wa Mutovu; ababyeyi tuba dufite impungenge kuko hari uruzi rwuzuye rujyana umwana arapfa, hashize imyaka itatu. Twifuza ko batwegereza amashuri y’uburezi bw’ibanze abana bakigira hafi.”

Ubwo kuri uyu wa 29 Mutarama Minisitiri muri Perezidansi, Uwizeye Judith, yatahaga ibyumba by’amashuri ku ishuri ribanza rya Buhoro riherereye mu Murenge wa Karambi, yavuze ko muri gahunda ya guverinoma bari gushakira umuti icyo kibazo ku buryo nta mwana ugomba kurenza ibirometero bitanu agiye kwiga.

Ati “Natwe turabizi ko ari ikibazo. Mu bushobozi leta igenda ibona, dushyize imbere ko abana b’abanyarwanda bagomba kwiga hafi y’aho bavuka, heza kandi bakagira ibikoresho bigezweho.”

Uretse kuba mu Karere ka Nyamasheke abana bajya kwiga kure hari n’ikibazo cy’ibyumba by’amashuri 359 bishaje bikeneye gusimbuzwa.

Abanyeshuri bifuza ko bazajya biga hafi aho gukora urugendo rurerure
Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo gufungura ibyumba by'amashuri 31 byuzuye muri Nyamasheke
Uwizeye Judith, Minisitiri muri Perezidansi yijeje abanyeshuri ko muri gahunda ya guverinoma y'imyaka irindwi harimo kububakira amashuri hafi y'aho batuye
Ibyumba bitandatu byo ku ishuri rya Buhoro biri muri 31 byubatswe muri Nyamasheke

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages