Ubwo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera, Karihangabo Isabelle, yatangizaga icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko muri Nyamasheke, mu mwanya w’ibibazo Nyabyenda Vincent yamubajije impamvu yatoranyijwe nk’umurinzi w’igihango ariko akaba yarimwe umudali n’inzego z’ibanze.
Yagize ati “Natoranyijwe mu mudugudu nk’umurinzi w’igihango, umudari waturutse i Kigali uraza ariko na n’ubu sindawubona.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyato, Uwizeyimana Emmanuel, yavuze ko uyu musaza umudali we waje koko ariko mu gihe cyo kuwumwambika haza umugore we kuko yari yarataye urugo, agarutse umugore arawumwima, uza gusubizwa ubuyobozi.
Yagize ati “Mu gihe cyo kwambika imidari abarinzi b’igihango, uyu mugabo haje umugore we, umugabo yarataye umugore we aho agarukiye umugore we arawumwima. Dufata umwanzuro ko umudari ugaruka ku Kagari kugira ngo dusuzume ikibazo cye."
Yakomeje agira ati "Njye iwe narahageze , nsanga iby’ubuhamya avuga yaba yarabikoze ariko ndebye imyitwarire ye kugeza ubu umugore yari amaze kwirukana yari uwa 15. Umuntu ni umurinzi w’igihango afite imyitwarire yagize muri icyo gihe ariko agomba no gukomeza gusigasira bikagaragara ko ari inyangamugayo. Kugira ngo rero mfate icyemezo ngo nambitse umudari umuntu ku mugaragaro, naravuze ngo reka mbanze ngishe inama.”
Umugore w’uyu musaza avuga ko ari umugore wa kabiri kandi nyuma ye hari abagore 17 kandi ko uwo mudari bawumuhaye umugabo we yagiye mu bandi bagore akaba ariyo mpamvu yari yanze kuwumuha.
Mu gukemura iki kibazo, Umunyamabanga Uhoraho muri Minsiteri y’Ubutabera, Karihangabo Isabelle, yavuze ko uyu musaza yakoze neza mu gihe cya jenoside ariko hakwiriye kwiga amategeko agenga imidari maze mu gihe cy’icyumweru uyu musaza agahabwa igisubizo.
Ati “Mu byo nigishije ubuharike navuze ko ari icyaha, wumvise ko uhari ariko haracyasuzumwa niba wujuje ibyangomba bituma uhabwa umudari. Gitifu w’akagari bitarenze iki cyumweru azaba yakumenyesheje niba ugomba kuwuhabwa cyangwa niba utacyiwufitiye uburenganzira.”
Yakomeje agira ati "Gerageza witware neza ariko nashakaga kuvuga ko igikorwa wakoze muri jenoside ni cyiza. Umenye ko igikorwa wakoze ari indashykirwa kandi ari cyiza, hanyuma bizaterwa n’icyo amategeko agenga imidari ateganya.”
























TANGA IGITEKEREZO