Cyato ni umwe mu mirenge 15 igize Akarere ka Nyamasheke ukikijwe n’amashyamba harimo n’irya Nyungwe.
Umuhanda ugerayo ndetse n’iy’imigenderano ihuza utugari ntitunganyije neza ari na yo mpamvu yatumye imbangukiragutabara yakoreshwaga mu Kigo Nderabuzima cya Yove muri Cyato yangirika.
Musabyimana Mariam yavuze ko hashize umwaka abaturage bagorwa no kugeza umurwayi urembye kwa muganga.
Yagize ati ‘‘Imbogamizi ni imbangukiragutabara yangiritse kuko umurwayi hari igihe aba arembye cyane bayihamagaza igatinda kuhagera ngo imujyane kwa muganga. Igera hano hashize amasaha abiri hari n’igihe bayihamagaza ikabura, yari ihari ariko yarapfuye, umwaka ugiye gushira kandi iyo yabaga ihari nta kibazo cyabaga gihari.’’
Dusabimana Donatha we yagize ati ‘‘Umurwayi iyo ahuye n’ikibazo bahamagaza imbangukiragutabara y’i Kibogora, ni kure cyane. Iyo ari ku mucyo bitwara amasaha abiri, imvura yaguye ni atatu. Iyo itinze bigira ingaruka ku murwayi, hari n’igihe umubyeyi abyarira mu nzira.’’
Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Yove, Ndizihiwe Canisius, yavuze ko ababyeyi bashobora kubyarira mu mbangukiragutabara biturutse ku kuba igihe cyo kubyara kigeze atari yagera ku bitaro bitewe n’umuhanda mubi utuma imodoka igenda yikubita mu binogo.
Ndizihiwe wirinze kugaragaza imibare y’ababyariye mu mbagukiragutabara itaragera ku Kigo Nderabuzima, yavuze ko yari imaze imyaka 13 ikora, ikaba imaze umwaka mu igaraje.
Nubwo adatanga igihe iki kibazo kizaba cyamaze gukemukira, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Ntaganira Josué Michael, avuga ko hari kurebwa uko yakoreshwa cyangwa igasimbuzwa indi.
Yagize ati ‘‘Ikibazo kirazwi ko ingobyi yahekaga abarwayi yagize ikibazo, mu by’ukuri irashaje ikeneye gusimbuzwa. Turi kuganira n’ababishinzwe kugira ngo barebe niba yakorwa byibura yongere ibafashe gutwara abarwayi ibageza ku bitaro, hanyuma tubone igisubizo cyihuse. Byaba byiza bikozwe vuba mu buryo butarambiranye.’’
Ikigo Nderabuzima cya Yove gikorana n’abaturage bo mu murenge ariko hari n’abava mu tugari twa kure ku buryo bakoresha ibilometero umunani ngo bagereyo.



















TANGA IGITEKEREZO