Ku wa Gatandatu tariki ya 23 Ukuboza 2017, nibwo uyu musore nib wo yagiye ku ivuko mu Karere ka Nyamasheke kuko yari asanzwe aba i Kigali ageze iwabo ajya kureba inshuti ze ku gasantere kari mu Murenge wa Nyabitekeri,kuva icyo gihe ab’iwabo ntibongera kumuca iryera.
Ejo ku itariki ya 26 Ukuboza, abaturage bari babonye ibyangombwa bye n’imyenda ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ariko we ntibamubona, ibyo babonye babishyikiriza umukuru w’umudugudu.
Mu masaha ya saa saba nibwo umurambo we wabonetse mu Murenge wa Nyabitekeri, ujyanwa ku bitaro bya Kibogora kugira ngo ukorerwe isuzuma nk’uko Kamali Aimé Fabien, Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke yabitangaje.



















TANGA IGITEKEREZO