Raporo y’ukwezi gushize k’Ugushyingo igaragaza ko abaturage ba Rubavu bizigamiye 67,557,948 Frw naho aba Nyamasheke bizigamiye 67,326,707 Frw. Ku mwanya wa gatatu 47,629,092 Frw.
Akarere ka Kayonza kari ku mwanya wa nyuma aho abagatuye bari bamaze kwizigama miliyoni 10.
Nyiransabayezu Furaha utuye mu karere ka Nyamasheke mu wa Macuba avuga ko we na bagenzi bamaze gusobanukirwa ko kwizigamira muri gahunda y’igihe kirekire.
Ati “Niyo mpamvu twitabira gahunda ya Ejo Heza, bigatuma akarere kacu kaba aka mbere. Abayobozi barayidusobanuriye twumva ni gahunda nziza kuko iyo mwagize ibyago umuntu wanyu agapfa yariteganyirije muri Ejo Heza, Leta ibaha amafaranga yo kumushyingura, ikanabaha miliyoni yo kubafasha kwiteza imbere. Ejo Heza mbona ari gahunda nziza”.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamasheke, ushinzwe ubukungu n’iterambere Muhayeyezu Joseph Desiré, avuga ko kuba aka karere kari ku mwanya wa mbere mu gutanga ubwizigame bwa Ejo Heza babikesha ubukangurambaga.
Ati “Nta kindi twakoresheje ni ubukangurambaga, no gushyira imbaraga mu kumvisha abaturage akamaro ka Ejo Heza. Bituma abaturage bumva ko no mu bushobozi buke buhari bagomba guteganya ejo hazaza”.
Muhayeyezu avuga ko iyo umuntu yiteganyirije muri Ejo Heza, aba ari guteganya umutekano w’umuryango we, kuko iyo apfuye cyangwa ageze mu gihe atakibasha gukora, Ejo Heza imugoboka.
Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize RSSB, yo kuva ku italiki 01/11/2021 kugeza ku italiki 30/11/2021 igaragaza ko abaturage ba Nyamasheke bamaze kwizigama 61 092 617.
Aka karere gatuwe n’abaturage barenga ibihumbi 460, abamaze kujya muri iyi gahunda ni 57,250 bangana na 13%, intego bafite ikaba ari iyo kugera ku 100%.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!