00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyamasheke: Yatawe muri yombi akekwaho guhinga hejuru y’imva y’uwishwe muri Jenoside

Yanditswe na Sitio Ndoli
Kuya 23 July 2020 saa 08:10
Yasuwe :

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Mukantaganzwa Console wo mu Kagari ka Ninzi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke ukekwaho guhinga ibijumba ku mva y’umukecuru wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mukantaganzwa yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Nyakanga 2020.

Umuvugizi wa RIB, Bahorera Dominic, yabwiye IGIHE ko Mukantaganzwa afunze akurikiranyweho icyaha cyo gutesha agaciro urwibutso rwa Jenoside cyane cyane ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagize ati “Yarafashwe ejo, akekwaho icyaha cyo gutesha agaciro Urwibutso rwa Jenoside cyane cyane ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu isambu y’undi muntu yari asigaranye yagiye ku mva y’umuntu uhashyinguye azenguruka imva ateraho imigozi y’ibijumba.’’

Yakomeje avuga ko ibyo Mukantaganzwa yakoze bihanirwa mu mategeko nk’icyaha cyo gutesha agaciro ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ngabonziza Moïse umwe mu bana b’umugabo wa Karusalo Thérèse wishwe muri Jenoside yavuze ko iki gikorwa bagifashe nko gutesha agaciro umuryango no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ati “Twabibonye nk’igikorwa cyo gupfobya, tubibona nk’igikorwa cyo gushotora umuryango ndetse no gukora mu jisho abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Mukantaganzwa Console w’imyaka 57 afungiye kuri Sitasiyo ya Kanjongo mu gihe hagitegerejwe ko dosiye ye ishyikirizwa Ubushinjacyaha.

Imva ishyinguwemo Karusalo Thérèse wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages