Ahagana saa moya n’igice za mu gitondo kuri uyu wa Gatatu, tariki 22 Gashyantare 2017, nibwo mayibobo yo mu Kagari ka Biryogo hafi y’ahazwi nko kwa Nyiranuma yashikuje uwo mugabo telefone ihita yinjira muri ruhurura yari hafi aho. Ikimara kujyamo, uwo mugabo yahise ayikurikiramo ariko ntiyabasha kugaruka.
Abaturage bari aho ibyo byabereye, babwiye IGIHE ko bafite ubwoba bw’uko uwo mugabo ashobora kuba yishwe n’izindi mayibobo ziba muri iyo ruhurura.
Mutuyimana Ashirafu yagize ati “ Twebwe ubu dufite ubwoba bw’uko ibirara byamwishe kuko nta muntu ujya upfa gutinyuka kwinjira muri iyi ruhurura kubera ko ariyo zahinduye indiri.”
Nyuma y’uko uyu mugabo n’iyo mayibobo baburiwe irengero, Polisi n’izindi nzego z’umutekano zahise zitabara zigerageza kwinjira muri iyo ruhurura kugira ngo zirebe ko zababona ariko zirababura.
Umwe mu binjiye muri iyo ruhurura yavuze ko nta muntu n’umwe basanzemo ndetse anagaragaza ko bashobora kuba basohokeye mu rundi ruhande rwo kuri ONATRACOM bitewe n’uko iyo ruhurura ifite inzira nyinshi.
Abaturage benshi bo muri ako gace basaba ko inzego z’umutekano zareba uko zafunga iyo ruhurura bitewe n’uko isa n’iyabaye indiri ya mayibobo zo muri ako gace. Bemeza ko zikunda kwihishamo buri gihe iyo zimaze kwiba abahisi n’abagenzi muri ako gace.
Nyuma y’uko aba bantu uko ari babiri baburiwe irengero, Polisi yahise ita muri yombi izindi mayibobo bivugwa ko na zo zijya zamburira abantu kuri iyo ruhurura ijya kuzifungira kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamirambo.



















TANGA IGITEKEREZO