00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Umukobwa yaguye mu cyuzi cya Nyamagana arapfa

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 22 October 2023 saa 03:58
Yasuwe :

Mu rukerera rwo kuri iki cyumweru kuwa 22 Ukwakira uyu mwaka,umukobwa w’umwangavu uri mu kigero cy’imyaka 16 yaguye mu cyuzi cya Nyamagana giherereye mu mudugudu wa Nyamagana A, mu kagari ka Kavumu, mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza arapfa.

Amakuru agera ku IGIHE avuga ko mu museso wa tariki 22 Ukwakira 2023 ariwo uwo mukobwa yinaze mu cyuzi cya Nyamagana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busasamana, Bizimana Egide yemereye IGIHE iby’iyi nkuru avuga ko amakuru y’ibanze bahawe n’umubyeyi wamubonye yinagamo, agaragaza ko yabikoze yiyahuye.

Yagize ati“ Hari umuturage watambukaga mu nzira iruhande rw’icyo cyuzi abona umukobwa yitura mu mazi . Yakomeje kuba mu mazi yibiye, bigeze hafi nka saa mbiri umurambo utangira kureremba hejuru y’amazi yapfuye”.

Bizimana akomeza avuga ko nta myirondoro y’uwo mukobwa yigeze imenyekana.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe ku bitaro by’akarere bya Nyanza ngo ukorerwe isuzuma, mu gihe Urwego rw’Ubugenzacyaha narwo rwatangiye iperereza ku by’urwo rupfu.

Icyuzi cya Nyamagana gikunze kugwamo abantu bagapfa,cyashyizweho ku Ngoma y’Umwami Rudahigwa gifite intego yo gukoreshwa mu kuhira imyaka.

Ubuyobozi buvuga ko kuhazitira bitapfa koroha kuko kiri mu gishanga hagati.

Uyu mukobwa umurambo we bawusanze mu cyuzi cya Nyamagana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages