Urupfu rw’uwo musore witwa Nzabananayo Fabrice w’imyaka 19 wari ufite bumuga bwo mu mutwe rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ari mu kidendezi cy’amazi gishamikiye ku mugezi wa Nkomane wiroha mu Akanyaru.
Meya w’akarere ka Nyanza yemereye IGIHE iby’uru rupfu avuga ko uyu musore wasanzwe mu mazi yapfuye,yari asanzwe aba ku miti y’abarwayi bo mu mutwe,abamubonye bakaba bamusanze mu mazi yapfuye.
Ati “Abamubonye bwa mbere bamusanze mu mazi yituyemo, RIB yatangiye iperereza ngo hamenyekane icyateye uru rupfu’’.
Uru rupfu rubaye rukurikiranye n’urwa Urimubenshi Jean Pierre w’imyaka 59 y’amavuko rwamenyekanye kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukwakira mu mu mudugudu wa Kabuga,mu kagari ka Rwotso, mu murenge wa Kibirizi muri Nyanza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!