Uyu mugabo w’imyaka 38 yatawe muri yombi n’inzego z’ubugenzacyaha, akaba afungiye kuri RIB, Sitasiyo ya Kibirizi,nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage.
Bikekwa ko yahinze urumogi mu murima w’amasaka no mu gice cy’igikari cy’urugo rwe.
Amakuru akomeza avuga ko inzego z’umutekano zasanze muri uwo murima harimo ibiti by’urumogi bisaga 70, birimo n’ibyari byarumye bigakekwa ko yari yaratangiye gusarura.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme yatangarije IGIHE ko uyu muturage yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, bakamenyesha ubuyobozi.
Yagize ati “Byagaragaye ku bw’amakuru yatanzwe n’abaturage, hanyuma hakorwa ‘operasiyo’ yo kujya kubigenzura.”
Mu mwaka wa 2021,ni bwo mu Rwanda hasohotse iteka rya Minisitiri ryemera ihingwa ry’urumogi,ariko ku mpamvu zifatika zijyanye n’ubuvuzi,kandi bigatangirwa uruhushya n’inzego zibifitiye ububasha.
Ibi bisobanuye ko uyu muturage we aramutse ahamwe n’iki cyaha, yahabihanirwa kuko atari ku rutonde rw’ababyemerewe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!