00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nyanza: Yishwe n’abaturage nyuma yo kumufatira mu cyuho yiba ihene

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 8 January 2024 saa 01:47
Yasuwe :

Umugabo witwa Nshimiyimana Vianney bakunda kwita Amani, wo mu Karere ka Nyanza, yafatiwe mu cyuho n’abaturage akekwaho gushaka kwiba ihene maze ashaka kubarwanya, baramukubita kugeza apfuye.

Ibi byabereye mu Kagari ka Butansinda mu Murenge wa Kigoma ahagana saa kumi n’imwe za mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Mutarama 2024.

Ihene bikekwa ko Nshimiyimana n’abandi bari kumwe bari bagiye kwiba bivugwa ko ari iz’umuturage ukorera mu Mujyi wa Kigali.

Gusa ngo ubwo bari barimo gucukura inzu izo hene zabagamo, umugore yarabyumvise ahita avuza induru atabaza abaturanyi be baramutabara, abo bajura bakizwa n’amaguru.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yabwiye IGIHE ko aba bajura bongeye kugaruka ku nshuro ya kabiri maze uwo mugore yongera aratabaza abaturage baramutabara, barwana n’umwe muri bo ahasiga ubuzima.

Ati “Byabaye nijoro ni abajura bateye urugo rw’umugore batangiye gucukura arataka baratabara maze bariruka ariko hashize amasaha abiri bongeye baragaruka biba ngombwa ko abaturage barwana, ku bw’amahirwe make umujura umwe ahasiga ubuzima.”

Yongeyeho ko inzego zibishinzwe zatangiye gukora iperereza.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages